• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
24/06/26
Kamonyi-Ruyenzi Sporting Club: OLYMPIC FC yisubije Igikombe cyo Kwibuka Abasiporutifu
24/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
24/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
24/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo

Ubusambanyi bwatumye Visi Perezida wa Zimbabwe yegura

Umwanditsi
March 1, 2021

Kembo Mohadi, Visi Perezida w’Igihugu cya Zimbabwe yeguye ku mirimo ye kuri uyu wa 01 Werurwe 2021 kubera gushinjwa ubusambanyi. Yasabye imbabazi Abanyazimbabwe ku kuba atabashije kwitwara neza mu mirimo yashinzwe n’Igihugu.

Ibinyamakuru muri Zimbabwe kuva mu kwezi gushize byarushije ho gushyira ahagaragara amajwi yafashwe, aho uyu mutegetsi yumvikanye arimo asaba kuryamana n’abagore batari bake barimo n’ukorera mu biro bye.

Yagiye ahakana kenshi ibyo yashinjwaga, avuga ko ari ibyo bamuhimbira, ko kandi bifite impamvu za Politiki. Kembo Mohadi nkuko BBC ibitangaza, ni umwe mu basirikare warwanye intambara yo kubohora Zimbabwe, yari kandi umwe mu byegera bya Perezida bibiri.

Yashinzwe imirimo itandukanye muri Minisiteri y’ingabo ku gihe cy’uwahoze ari Perezida w’iki Gihugu, Robert Mugabe, yongera ashingwa kuba Visi Perezida mu 2017 nyuma y’ikurwa ku butegetsi rya Mugabe. Kuba yeguye, avuga ko atari uko yemera ibimuvugwaho, avuga ahubwo ko yabitewe no guhesha agaciro ibiro by’umukuru w’Igihugu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5986 Posts

Politiki

4233 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

159 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga