• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwataye muri yombi John Rutayisire na Gasana Janvier bayoboye REB

Umwanditsi
March 21, 2019

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje muri iri joro ryo kuwa 21 Werurwe 2019 ko bwataye muri yombi abahoze ari abayobozi bakuru b’ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi-REB aribo John Rutayisire na Janvier Gasana.

Bubinyujije ku rubuga rwa Twitter y’ubushinjacyaha bw’u Rwanda, bwatangaje ko aba bagabo uko ari babiri, Janvier Gasana na John Rutayisire bwabataye muri yombi aho bubakekaho kunyereza umutungo wa Leta.

Aba bagabo uko ari babiri, basimburanye ku mwanya wo kuyobora ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi-REB.

John Rutayisire niwe wayoboye REB kugera mu 2015 ubwo yasimburwaga na Janvier Gasana nawe waje gusimburwa na Dr Irene Ndayambaje mu 2018 ukiyiyoboye kugeza uyu munsi.

Itangazo ry’ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwanyujije kuri Twitter yabwo.

Ku ngoma y’aba bagabo bombi, John Rutayisire na Janvier Gasana nta mwaka wabacitse batitabye PAC aho yabaga ibabaza ibijyanye ahanini n’imikoreshereze y’umutungo wa Leta, itangwa ry’amasoko n’ibindi.

Kimwe mu byabajijwe kenshi aba bagabo by’umwihariko ni ikibazo cya mudasobwa imwe ku mwana (One Laptop per Child) aho iyi gahunda itigeze iburamo ibibazo bishingiye ku buryo ahanini zatangwaga ndetse n’amasoko yazo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga