• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/26
Kamonyi: Barasaba gusobanurirwa uko ibikorwaremezo bitoranywa(Priorities) mu ngengo y’imari
30/06/26
Kamonyi-Mugina: Umuyobozi wa GS st Esidore aravugwaho gukubita umwarimu akamukomeretsa
30/06/26
Kamonyi-Ruyenzi Sporting Club: OLYMPIC FC yisubije Igikombe cyo Kwibuka Abasiporutifu
30/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO

Ubushinwa: Jinping arasaba abahanzi kuba abubatsi ba roho 

Umwanditsi
March 6, 2019

Mu gihugu cy’Ubushinwa harabera inama ngishwanama ya 13 yishyaka riri ku butegetsi (deux sessions) yahaye agaciro abahanzi, mu ntangiriro yayo aba ari bo baganira na Perezida Jinping w’iki gihugu.

Mu gihe hari hitezwe ko ibiganiro by’ikubitiro muri iyi nama bivuga kuri politiki, inganda, ubukungu n’ibindi, benshi batunguwe no kubona Jinping ahitamo kugirana ibiganiro n’abahanzi, abanyabugeni, abanditsi, abacunga inzu ndangamurage, abakina amafilimi n’amakinamico ndetse na ba byenda gusetsa.

Umunyamakuru Wang Botao.

Nkuko bisobanurwa na Wang Botao, umunyamakuru wa Televiziyo CGTN ishami ry’igifaransa, ngo Jinping afata abahanzi nk’abubatsi b’imizi y’igihugu, bagacura roho z’abaturage, ashaka kuvuga ko bafite uruhare runini mu iterambere ry’Ubushinwa.

Mu magambo Jinping akunda kuvuga, yitsa ku baturage, no kuruhare rw’abahanzi mu kubaka imitima y’abaturage; yerekana ko igihugu kitabaha agaciro kitagira abaturage bazima, kandi kitagera ku iterambere rirambye.

Perezida XI Jinping.

Ingero: Ubuhanzi bwose bugomba gushingira ku muturage, we buvomamo ibihangano. Inganzo idakura mu baturage iragimba ikazima.

Igihugu, abaturage ntibishobora kubaho bitagira impagarike. Umurimo w’abahanzi, abanyabugeni, abanditsi n’abafilozofe ugomba gushingira ahanini mu gucura, kurema, kubaka imizi na roho z’abaturage. Aha niho asobanura impamvu abahanzi bagomba kubaho.

Ubusosiyaliste mu ntumbero y’ubushinwa bwinjiye mu mujyo mushya. Abakora ubuhanzi n’ubugeni bagomba guharanira ko uwo mujyo usakara hose mu bihe byose, bakawandikaho, bakawuririmbaho.

Perezida Jinping, ashaka kuvuga ko uwo mujyo igihugu cyihaye kuva mu  2012 ariwo ubuhanzi bwose bugomba kubakiraho. Muri uwo mujyo, Ubushinwa bwihaye intego y’ikinyejana yo kugira umuturage ubayeho mu buryo bugereranije, wikuye mu bukene.

 

 

 

Omar K.

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5988 Posts

Politiki

4235 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1059 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

159 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga