• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
16/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
16/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye
16/10/25
Kamonyi-Kayenzi/GIMI: Barishimira ikorwa ry’Umuhanda wari umaze guhinduka nk’inzira

Ubutinganyi: Amahano akomeje kugwira umugabane wa Afurika

Umwanditsi
May 19, 2016

Kera kabaye bimwe mu bihugu bya afurika bitangiye kwemera ubutinganyi ku mugaragaro ndetse bikaba itegeko.

Ugushakana abantu bahuje igitsina ni kimwe mubyo abanyafurika benshi bagiye bamagana mubihe byashize, aho bigeze ntibigikunze ko babihagararaho bemye bose.

Ibirwa bya Seychelle, byamaze gushyiraho itegeko rikuraho impamvu iyo ariyo yose ibuza umugabo kurongora undi mugabo cyangwa se umugore kurongora undi mugore.

Inteko ishinga amategeko yo muri ibi birwa bya seychelle, yamaze gutora bidasubirwaho itegeko ryemera ubutinganyi.

Mu gutora iri tegeko ryemera ubutinganyi, izi ntumwa za rubanda, zishingira ko ngo itegeko nshinga riha abantu bose uburenganzira bungana, ngo nta mpamvu yo kwimwa uburenganzira bashaka.

Gutora no kwemeza iri tegeko, bikozwe nyuma y’aho Umuyobozi w’ibi birwa bya Seychelle Perezida James Michel mu ijambo rye mu kwezi kwa kabiri yari yatangaje ko ashaka gukuraho itegeko ryabangamiraga abashaka kubana bahuje igitsina.

Benshi mu banyamadini ariko cyane abo muri kiriziya gaturika barwanyije iki gitekerezo bavuga ko kinyuranyije n’amategeko ya Kiriziya ariko birangiye ntacyo babasha guhindura.

Ibihugu bya afurika byakomeje kwamagana no kurwanya ukubana abantu bahuje igitsina, ariko biranze Seychelle yiyongereye kuri afurika y’epfo yabimburiye ibindi mu kwemera ubutinganyi kimwe n’ibindi bihugu bizayikurikira.

Intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5891 Posts

Politiki

4142 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga