• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/06/26
Amajyepfo: Polisi iragira iti“ Ntabe ari Njye urebera abakora ibinyuranyije n’Amategeko…, ibyaha”
13/06/26
Kamonyi-Nyamiyaga: Yaguwe gitumo arimo gusambanya ufite uburwayi bwo mu mutwe
13/06/26
Imodoka y’Ibitaro bya Remera Rukoma yahitanye ubuzima bw’Umuntu abandi barakomereka
13/06/26
Paris: Ibyo wamenya kuri Dr Eugène Rwamucyo watangiye Ubujurire ku byaha bya Jenoside

Ubutinganyi: Amahano akomeje kugwira umugabane wa Afurika

Umwanditsi
May 19, 2016

Kera kabaye bimwe mu bihugu bya afurika bitangiye kwemera ubutinganyi ku mugaragaro ndetse bikaba itegeko.

Ugushakana abantu bahuje igitsina ni kimwe mubyo abanyafurika benshi bagiye bamagana mubihe byashize, aho bigeze ntibigikunze ko babihagararaho bemye bose.

Ibirwa bya Seychelle, byamaze gushyiraho itegeko rikuraho impamvu iyo ariyo yose ibuza umugabo kurongora undi mugabo cyangwa se umugore kurongora undi mugore.

Inteko ishinga amategeko yo muri ibi birwa bya seychelle, yamaze gutora bidasubirwaho itegeko ryemera ubutinganyi.

Mu gutora iri tegeko ryemera ubutinganyi, izi ntumwa za rubanda, zishingira ko ngo itegeko nshinga riha abantu bose uburenganzira bungana, ngo nta mpamvu yo kwimwa uburenganzira bashaka.

Gutora no kwemeza iri tegeko, bikozwe nyuma y’aho Umuyobozi w’ibi birwa bya Seychelle Perezida James Michel mu ijambo rye mu kwezi kwa kabiri yari yatangaje ko ashaka gukuraho itegeko ryabangamiraga abashaka kubana bahuje igitsina.

Benshi mu banyamadini ariko cyane abo muri kiriziya gaturika barwanyije iki gitekerezo bavuga ko kinyuranyije n’amategeko ya Kiriziya ariko birangiye ntacyo babasha guhindura.

Ibihugu bya afurika byakomeje kwamagana no kurwanya ukubana abantu bahuje igitsina, ariko biranze Seychelle yiyongereye kuri afurika y’epfo yabimburiye ibindi mu kwemera ubutinganyi kimwe n’ibindi bihugu bizayikurikira.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5981 Posts

Politiki

4228 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga