• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Urupfu rw’umwanditsi rwahagurukije amagana y’abigaragambya muri Bangladesh

Umwanditsi
February 28, 2021

Abantu babarirwa mu magana muri Bangladesh baramukiye mu myigaragambyo igeze ku munsi wayo wa kabiri. Iyo myigaragambyo yatewe n’urupfu rw’umwanditsi waguye muri gereza nkuru muri icyo gihugu. Amahanga akomeje kwibaza byinshi kuri urwo rupfu.

Amatsinda y’abigaragambya yanyuze imbere ya kaminuza ya Dhaka batera hejuru bavuga amagambo yo kwamagana ubutegetsi n’uburyo bwataye muri yombi Mushtaq Ahmed n’abandi banditsi, abanyamakuru, batavuga rumwe n’ubutegetsi, n’impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu.

Indi myigaragambyo yabaye ku ihuriro ry’abanyamakuru ku rwego rw’igihugu. Abigaragambyaga basabaga ubutegetsi gukuraho amategeko akarishye arebana n’ibyerekeye umutekano w’ikoreshwa rya internet n’imbuga nkoranyambaga.

Ayo mategeko ni yo nyirabayazana w’ifungwa rya Ahmed. Akoreshwa guhiga no gutoteza abatavuga rumwe n’ubutegetsi kuva mu mwaka wa 2018 ashyizweho.

Inzego z’umutekano zakozanyijeho n’abanyeshuli kuri kaminuza ya Dhaka ku wa gatanu nijoro. Polisi yavuze ko nibura abanyeshuri 30 bakomeretse.

Mushtaq Ahmed yituye hasi ahita apfira muri gereza ya Kashimpur ku wa kane mu masaha ya nimugoroba. Yatawe muri yombi mu kwezi kwa gatanu nyuma yo kunenga uburyo igihugu cyitwaye mu kibazo cy’icyorezo cya Covid 19.

Uwo mugabo w’imyaka 53 nkuko VOA ibitangaza, yari azwi cyane nk’umwanditsi ukoresha uburyo bw’urwenya mu nyadiko ze. Yaregwaga gukwiza ibihuha n’ibikorwa birwanya ubutegetsi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga