• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/11/25
Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy’Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50
18/11/25
Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye
18/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
18/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu

USA/Amatora 2020: Trump asohotse muri Perezidansi ya America, hinjiye Joe Biden watsinze amatora

Umwanditsi
November 7, 2020

Joe Biden niwe byatangajwe kuri uyu wa 07 Ugushyingo 2020 ko yatsindiye kuba umukuru w’igihugu wa 46 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yatsinze Donald Trump nyuma yo gutegereza cyane ibarura ry’amajwi yavuye mu matora y’umukuru w’Igihugu yabaye kuwa 03 Ugushyingo 2020.

BBC dukesha iyi nkuru, igaragaza ko Bwana Biden yatsinze mu ntara yari ahanganyemo cyane ya Pennsylvania, abona amajwi arenga 270 y’intumwa zitora, akenewe kugirango ashyikire intebe y’umukuru w’Igihugu( Wite house).

Abashyigikiye Perezida Trump ugaragara ko yatsinzwe aya matora, berekanye ko umukandida wabo atiteguriye kwemera ko yatsinzwe.

Bwana Biden yavuze ko ubu hageze ko Amerika “yiyunga igakira”. Yagize ati: “Mu gihe iby’amatora birangiye, harageze gushyira ishavu hamwe n’amagambo mabi ku ruhande, tukajya hamwe nk’igihugu”.

Biden, yishimiye kuba agiriwe icyizere agatorerwa kuyobora iki gihugu cy’igihangange ku isi, agaragaza kandi ko nubwo imibare nyirizina y’abitabirye amatora itaratangazwa ariko ko bishimangira neza ko Demokarasi muri iki gihugu yashinze imizi.

Ibyavuye muri aya matora, bigaragaza neza ko Trump ariwe mukuru w’Igihugu wa Amerika uzaba ayoboye manda imwe kuva mu mwaka wa 1960.

Uwiyamamaje hamwe na Bwana Trump, Kamala Harris, byitezwe ko aba umugore wa mbere w’umwirabura ubaye umwungiriza w’umukuru w’igihugu wa Amerika.

Ukugaragaza kwa BBC kw’intsinzi ya Bwana Biden gushingiye ku byavuye mu matora mu maleta yari yarasoje ibyo kubarura amajwi, hamwe n’ibyitezwe kuva mu matora mu maleta nka Wisconsin aho kubara bigikomeza.

Aya matora niyo yitabiriwe cyane kuva mu mwaka w’1900. Bwana Biden gushyika ubu amaze kubona amajwi y’abanyagihugu ashyika miriyoni 74, akaba ari yo menshi umukandida mu matora ya Perezida wa Amerika amaze kubona.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5914 Posts

Politiki

4164 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1032 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga