• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Gitifu w’akagari waregwaga kwambura umuturage agahakana byarangiye amwishyuye

Umwanditsi
February 18, 2017

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Mwirute ho mu murenge wa Rukoma, yamaze kwishyura amafaranga angana n’ibihumbi 134,920 y’u Rwanda yari abereyemo umuturage nubwo yabanje kuyahakana.

Mukanyabyenda Justine, umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Mwirute umurenge wa Rukoma yarezwe n’umuturage mu nteko y’abaturage ko amurimo umwenda w’amafaranga ibihumbi 134,920 y’u Rwanda ariko Gitifu ntabwo yigeze yemera ko ayamufitiye nubwo byarangiye ayishyuye.

Amakuru agera ku kinyamakuru intyoza.com ahamya ko Mukanyabyenda Justine (Gitifu) yishyuye umuturage witwa Nyirangendahimana Madeleine amafaranga ye yose uko ari ibihumbi 134,920 y’u Rwanda kuri uyu wa kane tariki ya 16 Gashyantare 2017 ayanyujije ku buyobozi bw’umurenge wa Rukoma.

Gitifu Mukanyabyenda Justine, aganira n’intyoza.com ahamya ko atemera aya mafaranga yarezwe ko abereyemo uyu muturage nubwo yayishyuye. Yagize ati:” Amafaranga nayashyikirije ubuyobozi, nabisabwe n’ubuyobozi ndabyubahiriza, ntabwo mbyemera ko nyamurimo, ntabwo ndi hejuru y’amategeko, ntabwo nsuzugura.”

Ubuyobozi bw’umurenge wa Rukoma mu ijwi rya Ayinkamiye Beatrice wasigariyeho Gitifu w’uyu murenge uri mu kiruhuko, ku murongo wa terefone ngendanwa yahamirije intyoza.com ko amafaranga yishyuwe yose uko ari ibihumbi 134,920 y’u Rwanda.

Agira ati:” Amafaranga y’umuturage Madeleine bayazanye ejo kuwa kane, namutumyeho none kuwa gatanu, kuri terefone namubuze gusa yimukiye mu wundi murenge wa Ngamba, ariko amafaranga bayanshyikirije, umuntu namutumyeho yambwiye ko ari bumugereho akazaza kuwa mbere nibwo nzayamuha. Uyu muyobozi nawe yemera ko nubwo Gitifu Mukanyabyenda Justine yishyuye aya mafaranga ngo ntabwo yayishyuye kubera ko ayemera.

Umuturage Nyirangendahimana Madeleine, yashinjaga Gitifu Mukanyabyenda Justine kumuguriza amafaranga ibihumbi 100 y’u Rwanda kuyo yari yagujije Banki ndetse akaza no kumufataho ideni kubyo yacuruzaga ringana n’ibihumbi 34,920 y’u Rwanda.

Uyu mwenda wa Gitifu Justine ngo waviriyemo uyu muturage guterezwa cyamunara umurima we na Banki yagujijemo ibihumbi 200 y’u Rwanda kubera kubura ubwishyu.

Ubwo ikinyamakuru intyoza.com cyageragezaga gushakisha Nyirangendahimana Madeleine ntabwo yabashije kuboneka kuko umurongo we wa telefone ngendanwa wumvikana nk’utariho ndetse naho yabaga Mu murenge wa Rukoma akaba yarahimutse akajya gutura mu murenge wa Ngamba.

Kanda kuri iyi Link tuguhaye, ubone inkuru yabanje, urasobanukirwa birambuye ikibazo cy’uyu muturage, uko Gitifu Justine yari yabiteye utwatsi, uranamenya neza icyo ubuyobozi bw’akarere ( Mayor Aimable) bwari bwavuze: http://www.intyoza.com/kamonyi-umuturage-yambuwe-na-gitifu-wakagari-ibye-biza-no-gutezwa-cyamunara-na-banki/

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga