• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abantu bitwaje imbunda bateye u Rwanda baturutse i Burundi

Umwanditsi
June 27, 2020

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda ibinyujije ku rubuga rwayo, yatangaje ko mu ijoro ryacyeye ku i saa sita n’iminota 20 hari abantu bataramenyekana bitwaje intwaro batera ibirindiro by’ingabo z’u Rwanda biri mu murenge wa Ruheru, Akarere ka Nyaruguru ho mu Ntara y’Amajyepfo.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Munyengango innocent yatangaje ko aba bateye u Rwanda nubwo bataramenyekana ariko ko baturutse mu gihugu cy’u Burundi, ko na nyuma yo gukubitwa inshuro n’Ingabo z’u Rwanda basubije aho bateye baturutse.

Itangazo, rikomeza rivuga ko mubateye bane bishwe ndetse imirambo yabo ntabwo yabashije gutwarwa na bagenzi babo. Basize kandi ibikoresho bya Gisirikare bitandukanye birimo intwaro na radiyo z’itumanaho za gisirikare bakoreshaga. Ku ruhande rw’Ingabo z’u Rwanda hakomeretse abasirikare batatu mu buryo bworoheje.

Lt Col Munyengango, avuga ko Ingabo z’u Rwanda zizeza Abanyarwanda ko zizafatira ingamba uwo ariwe wese wabigizemo uruhare. Avuga ko kandi abateye bari bagambiriye Umudugudu ntangarugero wa Yanze, usanzwe ucungiwe umutekano n’ingabo z’u Rwanda. Ni mu ntera ya kilometero imwe uvuye ku mupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi.

Abateye, baturutse kandi basubira i Burundi banyuze mu birindiro by’ingabo z’u Burundi ziri i Gihisi muri komine Bukinanyana, mu ntara ya Cibitoke”.

U Rwanda n‘u Burundi kuva mu mwaka wa 2015 umubano wabyo wagiye urangwa no kutoroherana, guterana amagambo rimwe na rimwe ndetse ugasanga na bimwe mu bitangazamakuru birenyegeza. Mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka wa 2020 Ingabo z’u Rwanda zasohoye itangazo rivuga ko zakozanijeho n’iz’u Burundi mu kiyaga cya Rweru giherereye mu karere ka Bugezera ho mu Ntara y’Uburasirazuba.

Soma inkuru bijyanye hano: Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Burundi zarasanye zikoresheje imbunda mu kiyaga cya Rweru

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga