• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

​Police FC yatsinze AS Kigali iyitwara amanota atatu

Umwanditsi
April 4, 2016

 

Ikipe ya Polisi FC, ikomeje kugira inyota yo gutsinda ari nako ishaka kwegera amakipe ayiri imbere ngo irebe ko yazatwara igikombe.

Police FC, ikomeje kwiyongerera amahirwe aganisha ku gikombe cya shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda Azam National Premier Ligue.

Mu mukino wahuje iyi Kipe ya Polisi FC hamwe n’ikipe ya AS Kigali, Polisi FC yatsinze AS Kigali igitego kimwe k’ubusa mu mukino wabereye kuri sitade ya Kicukiro kuri iki cyumweru bituma Polisi FC itahana amanota atatu y’umunsi.

Igitego kimwe rukumbi cyabonetse muri uyu mikino, cyatsinzwe na rutahizamu Usengimana Danny, niwe ku munota wa 65 ubwo myugariro wa AS Kigali yananiwe gukura umupira imbere y’izamu rye.

Police FC yari yatangiye irushwa, mu bakinnyi bayo itari ifite harimo; kapiteni Innocent Habyarimana, Kalisa Rachid, Imran Nshimiyimana ,Mwemere Ngirinshuti na Gabriel Mugabo ariko ibi bikaba bitabujije ko umutoza wayo André Kasa Mbungo gukoresha abahari kandi akabyaza umusaruro amahirwe yabonye.

Iyi ntsinzi isize Police FC ku mwanya wa gatanu n’amanota 27,ikaba irushwa amanota 5 na Mukura VS na Rayon Sport ziyoboye urutonde kuko zifite 32 n’ubwo Police FC igifite umukino w’ikirarane izakina na Etincelles.

Umutoza Kassa Mbungo, yashimye uko abakinnyi be bitwaye aho yagize ati:”Nishimiye uko umukino twawukinnye, abakinnyi bagerageje kuba mu mukino kuva watangira kugeza urangiye kandi bakinanye inyota yo gutsinda ari nabyo tugezeho.”

Umutoza Kassa, yavuze ko iyi ntsinzi itumye Police FC iguma mu rugamba rwo guhatanira igikombe n’ubwo ngo hakiri kare, gusa ngo intego y’ikipe atoza buri gihe aba ari igikombe kandi ngo yizeye ko mu gice cya kabiri cya shampiyona bizashoboka.

Intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga