Jurgen Klopp utoza Liverpool, ahangayikishijwe n’ibihe bitoroheye ikipe atoza

Umutoza Jurgen Klopp avuga ko adatega amatwi “urusaku” rw’abavuga ku isubira inyuma rya Liverpool, ariko ko “ahangayikishijwe” n’uko ikipe ye ihagaze.

Liverpool iri ku mwanya wa kane ku rutonde rwa shampiyona ya Premier League, imaze gukina umukino umwe kurushaho, irarushwa amanota 10 na Manchester City iri ku mwanya wa mbere.

Yatsinzwe imikino ibiri iherutse gukina, ariko yaca kuri Leicester iramutse itsinze umukino uzihuza kuri uyu wa gatandatu ku kibuga cya Leicester ku isaha ya 12:30 GMT (saa munani n’iminota 30 mu Rwanda no mu Burundi).

Klopp yagize ati: “Dusigaje imikino 15, [irimo] amanota menshi. Ntabwo icy’ingenzi ari aho abandi [andi makipe] bahagaze cyangwa uko bizabagendekera. Icy’ingenzi ni ibitureba”.

Liverpool mu mwaka ushize yegukanye igikombe cya shampiyona irusha ikipe iyikurikiye amanota 18.

Ariko muri rusange amanota yayo kuri buri mukino yaragabanutse cyane kurusha indi kipe iyo ari yo yose yo muri Premier League kuva mu kwezi kwa gatandatu umwaka ushize ubwo imikino yatangiraga gukinwa nta bafana bari ku kibuga.

Liverpool yugarijwe n’ikibazo cy’abakinnyi bavunitse bikomeye barimo ba myugariro Virgil van Dijk, Joe Gomez na Joël Matip.

Rutahizamu Diogo Jota w’ikipe y’igihugu ya Portugal, watsindiye Liverpool ibitego icyenda mu mikino 17 kuva yayigeramo avuye muri Wolves mu kwezi kwa cyenda mu mwaka ushize aguzwe amapawundi miliyoni 41, ntabwo arongera gukina kuva ku itariki ya 9 y’ukwezi kwa 12 kubera imvune.

Klopp nkuko BBC ibitangaza, yongeyeho ati: “Turabizi ko bitavuze ko nta cyo dushoboye na busa, ariko turabizi ko tugomba gutanga umusaruro mu bihe biri imbere kandi ni byo tuzagerageza kugeraho”.

“Mvugishije ukuri sintega amatwi urusaku rujyanye n’ibiva mu mikino. Ibyo mwanditse ibyo ari byo byose, sinigeze mbisoma. Ariko nzi uko ibintu bimeze kandi mvuga ku bijyanye n’ibiva mu mikino”.

“Nubwo nzi impamvu tutarimo kwitwara neza, [mba] niteze ko dutsinda imikino myinshi kurusha iyo twatsinze”.
“Icyo ni cyo kimpangayikishije”.
“Tuzagerageza uko dushoboye kose kugira ngo twitware neza cyane bishoboka muri uyu mwaka guhera ubu. Tuzabiharanira. Ako ni ko kazi kacu”.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →