• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
22/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
22/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
22/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye

Abashinjwa amafaranga ya VUP i Ngamba bakomeje kwiregura

Editor
October 22, 2015

K’umunsi wabo wa kabiri wo kwiregura abari kwisonga mu baregwa nibo bakomeje kwiregura kubyo bashinjwa.

Mazimpaka Egide, Kabanda Thomas nibo bakomeje ku kwiregura ku byaha bashinjwa ko bakoze birimo inyandiko mpimbano , kunyereza umutungo wa Leta , kurema no gushishikariza abantu gukora amatsinda ya baringa n’ibindi.

Egide Mazimpaka nk’umwe ugaragara mu matsinda hafi ya yose niwe wahereweho kwiregura dore ko yanakomerezaga aho taliki ya 20 ukwakira 2015 yagereje kuko ibirego yashinjwaga atari yarangije kubyireguraho .

Ibirego ashinjwa n’ubushinjacyaha Egide byose abihakana yivuye inyuma avuga ko ntaho ahuriye nabyo ko byose bishingiye ku magambo y’abantu aho gushingira kubimenyetso bifatika ndetse bigaragaza neza ihuriro rye n’ibyo ashinjwa.

Ubushinjacyaha bwashinje Mazimpaka gusinya ku nyandiko zirema amatsinda n’iza raporo z’inama azi neza ko zitarimo ukuri akabikora nkana , ariko Egide abihakana yeruye avuga ko ntaho abizi ko ndetse ibyo bintu atigeze abikora.

Egide yashinjwe iby’amafaranga agera kuri miliyoni enye n’ibihumbi Magana acyenda mirongo inani byavannywe kuri konti ya VUP bigashyirwa kuya SACCO ndetse ngo ayo mafaranga akaza kudakoreshwa kubera Egide yayaborotse( yasabye ko atava kuri iyo konti )nkuko ubushinjacyaha bubivuga ariko Egide we yabiteye utwatsi ndetse anavuga ko bimwe mubyo ashinjwa byabaye adahari.

Foto rusanjye intyoza.com
Mucyumba cy’iburanisha

Kabanda Thomas niwe waje k’umwanya wa kabiri mu kwiregura kubyo aregwa birimo Inyandiko mpimbano n’inyandiko zitavuga ukuri , kurigisa umutungo wa Leta n’ibindi . aha akigera imbere y’abacamanza yahise avuga ko icyaha cyambere kivuga kunyandiko mpimbano n’inyandiko zitavuga ukuri abyemera agira ati

ndacyemera , ndasaba imbabazi ndetse ndanicuza.

Thomas ,yabwiye ubucamanza ko kubera imirimo myinshi yagiraga , inama ndetse n’amahugurwa no kujya gusura imishinga cyane byatumaga kenshi hari ibyo asanga byararariranye bigatuma hari ibyo yihimbira yaba hari uwo abajije cyangwa se abikoze ntawe agishije inama.

Abajijwe impamvu hari bimwe yasangizaga Gitifu w’umurenge Egide ariko hakaba ahandi atirirwaga amugisha inama yasubije ko icyo kimugoye kugisubiza.

Ifoto urubanza intyoza.com
Egide Mazimpaka ibumoso, Kabanda Thomas iburyo.

Nyuma y’uko Thomas yiregura kubyo yakomezaga gushinjwa akagaragaza ko byinshi mubyo ashinjwa atabyemera uwari ukurikiye ku mwanya wa gatatu mubashinjwa basa nkaho aribo zingiro ry’ikibazo ni Ndayisaba Francois Xavier wari ushinzwe inguzanyo muri SACCO Ngamba.

Ndayisaba hamwe n’umwunganizi we mu mategeko avuga ko ibyo ubushinjacyaha bushingiraho ntagaciro byahabwa ngo kuko butagaragaza ibimenyetso ahubwo bugashingira gusa kumvugo z’abantu nabo ngo usanga bivuguruza mubuhamya bagiye batanga.

Nyuma yuko aba uko ari batatu basa nk’abagize ipfundo ry’ikibazo aribo Mazimpaka Egide , Kabanda Thomas na Ndayisaba Francois Xavier bamaze kwiregura , urukiko rwavuze ko abandi bose uko bari mu matsinda agera kuri19 bazakomeza kwiregura kubyo bashinjwa ndetse asaba ko bose uko bavugwa bagomba kujya baboneka.

Share Article

Follow Me Written By

Editor

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5800 Posts

Politiki

4051 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

993 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga