• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Igikombe cya CHAN 2016 gitashye muri Congo Kinshasa itsinze Mali

Umwanditsi
February 7, 2016

Ibitego bitatu by’ikipe ya Congo ku busa bw’ikipe ya Mali nibyo bihesheje Congo igikombe cya CHAN 2016 ku nshuro ya kabiri kuko yagitwaye bwa mbere 2009.

Abakinnyi Elia Lina Mechak ku bitego bye bibiri na kimwe cya mugenzi we Jonathan Bolingi nibyo bihesheje ishema abanyekongo begukana igikombe cya CHAN 2016 cyakinirwaga mu Rwanda.

Iyi ntsinzi ikipe ya Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo Les Leopards iyigezeho ku mukino wa nyuma itsinze ikipe ya Mali Les Aigles itayibabariye ku bitego bitatu byose mugihe Mali ntacyo yatsinze.

-2228-ecd65kongo

Umukinnyi Elia Meschak ku munota wa 29 w’igice cya mbere cy’umukono nibwo yanyeganyeje inshundura z’ikipe ya Mali, umuzamu wayo areba inyuma ye asanga igitego kinjiye bajya kuruhuka ari kimwe ku busa.

Mu mupira w’amaguru ngirango ahari ni mu mikino yose burya ngo uwakinnye neza ni uwatsinze, Mali yaje mu gice cya kabiri ishaka kuba ya kwishyura ariko biranga kuko abakinnyi bayo bananiwe kwinjiza igitego mu izamu rya Les Leopards.

Elia Meschack ku munota wa 64 yongeye guha gasopo ikipe ya Mali nyuma yo gucenga abakinnyi bayo hamwe n’umuzamu atsinda igitego cya kabiri cya Les Leopards.

Mu gihe ikipe ya Mali Les Aigles yari ikibaza ibiri kuyibaho, ntabwo byatinze kuko k’umunota wa 72 Congo yongeye kubakora mu jisho ireba mu izamu binyuze ku musore wayo Jonathan Bolingi watsinze igitego cya gatatu cya Congo ari nacyo cyashoje umukino kuko nta kindi cyabonetse nyuma.

 Congo

Ikipe ya Congo Kinshasa Les Leopards yegukanye igikombe hamwe n’akayabo k’amadolari ya America ibihumbi 750, ikipe ya kabiri ariyo Mari itwaye amadolari ya America ibihumbi 400 hanyuma ikipe ya Cote d’Ivoire yabaye iya gatatu yahembwe amadolari ibihumbi 300.

 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga