• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
28/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
28/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
28/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
28/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Perezida Paul Kagame akuye amata ku munwa bamwe bajyaga muri “Misiyo” zidasobanutse

Umwanditsi
March 12, 2016

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda mu mwiherero wa 13 uhuje abayobozi bakuru b’Igihugu, i Gabiro yiyamye abayobozi bahora muri misiyo.

Perezida Paul Kagame mu Ijambo rye, mu mwiherero w’Abayobozi bakuru b’Igihugu uri kubera i Gabiro mu karere ka Gatsibo mu kigo cya Gisirikare, yabwiye abayobozi batandukanye ko Ingendo (Mission) zitagize icyo zungura igihugu ahubwo zo kwishimisha kuri bamwe zigomba guhagarara.

Perezida Kagame, avuga ko nubwo atafunga ngo abagenda be kugira aho bajya kubera igihugu kigomba kugira uko kibana neza n’ibindi bihugu, ariko ngo abayobozi bajya muri izo misiyo bagomba gusobanura neza inyungu z’igihugu muri izo ngendo.

Ku kuba bamwe bashobora kwitwaza ko wenda igihugu kitabatangaho amafaranga kuko bagenda ku butumire bityo bakishyurirwa n’ababatumiye, perezida kagame yavuze ko ibyo nabyo bigomba gusobanuka ngo kuko ugiye aba ataye akazi ke yagombaga gukora.

Kwihangana kwa Perezida Kagame ngo kugiye gushira, avuga ko yihanganye, yahendahenze ndetse yavuze kenshi ariko ngo nta cyahindutse bityo ngo bigomba guhagarara.

Perezida Kagame ati “Ubu noneho byageze ku rundi rwego, mujya mwumva ikintu bita East African Community, ubu iyi community iri kuduhenda bikabije”. kuri Perezida Kagame, ngo agiye kwigira kuri Perezida Magufuri wa Tanzaniya mu kugabanya ibyo Igihugu gitakaza bitewe na bamwe mubayobozi.

Mu mwiherero kuri bamwe ibibazo ni byose.
Mu mwiherero w’Abayobozi bakuru b’Igihugu, kuri bamwe ibibazo ni byose.

Hari bamwe Perezida Kagame yatunze urutoki ndetse yibaza niba basigaye bafite ibiro Arusha muri Tanzaniya n’ahandi, aba usanga ngo umwanya baha akazi kabo mu gihugu ariwo muto ugereranije nuwo baba bari hanze mubindi bihugu.

Perezida Kagame, anibaza niba aba bantu baba barabonye indi mirimo cyangwa se bafite abandi bakorera kuko ngo usanga bahora basimburana mu ngendo kugera n’aho akora inama ya guverinoma hari nk’abaminisitiri batanu badahari nuje yaba agikandagira agahita agenda.

Banyiri amatwi yo kumva babwiwe, ni bakuruguture amatwi yabo ndetse bahine akarenge kuko perezida Kagame aragaragaza ko atazihanganira abakomeza gupfusha ubusa umutungo w’Igihugu bajya mu ngendo zibungura gusa mu gihe igihugu cyo gikomeza guhomba kubera bo.

Munyaneza Theogene / Intyoza.com

 

 

 

 

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga