• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
23/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
23/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
23/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye

Kamonyi: Ubwiru mu gutanga inkunga ya VUP bukomeje kuba urujijo kuri bamwe mu baturage

Umwanditsi
March 23, 2016

Inkunga y’amafaranga ya VUP Leta igenera abaturage cyane abatishoboye, bamwe mu baturage mu murenge wa Gacurabwenge banenga ubwiru n’ikimenyane babonamo.

Mu murenge wa Gacurabwenge, bamwe mubaturage baganiriye n’intyoza.com, bavuga ko iki gikorwa cyiganjemo ubwiru ndetse n’ikimenyane bikorwa mu kwemerwa kw’imishinga igomba guhabwa amafaranga.

Ubu bwiru n’ikimenyane ngo bishingiye ku kuba abaturage batamenyeshwa ku mugaragaro abemerewe iyi nkunga nkuko babwiwe gukora imishinga ku mugaragaro bityo ngo bigatuma badashira amakenga abashinzwe iki gikorwa ngo kuko amakuru bafite ari uko amafaranga ahabwa n’ubundi abifite bityo umuturage wo hasi ntiyibukwe.

Bamwe mu baturage bo muri uyu murenge tutari butangaze amazina yabo kumpamvu z’uko babidusabye, bemeza ko umuturage wo hasi akomeza gukena naho ukize akaba ariwe nubundi uhabwa aya mafaranga.

Bwatsi (izina twahimbye) avuga ko icyamubabaje ari uko yakoze umushinga agatanga amafaranga, agasiragira yiruka ariko ngo bikarangira yumva abakire asanzwe azi aribo bivugwa ko bemerewe aya mafaranga.

Neziya (Izina ryirihimbano) avuga ko babwiwe gukora imishinga bakayitanga ngo yashimwa bagahabwa amafaranga, ariko ngo urebye abo bumva ko bayemerewe ngo sibo bagakwiye kuyabona mbere y’abaturage bantaho nikora.

Neziya agira ati”icyo nenga mu buyobozi bw’umurenge wa Gacurabwenge ni uko bagiye bafata abantu babakire bishoboye bakayabaha kandi wawundi wo mu kiciro cya mbere n’icya kabiri w’umukene batarigeze bayamuha kuko nta n’ubushobozi afite yaragira ngo akore”.

Umwe mu basheshe akanguhe waganiriye n’intyoza.com, asanga ngo hari ikibazo mu gutoranya imishinga, asanga abakene bakagombye gufashwa kuzamura imibereho yabo muri duke igihugu kiba cyabageneye aho kugira ngo nutuje abifite babe aribo baduhabwa.

Sekamana Oswald, umuhuzabikorwa w’ibikorwa bya VUP mu karere ka Kamonyi, avuga ko raporo yahawe ngo imishinga yemewe ni 20 muri 60 mu murenge wose, avuga ko iyi nkunga ubundi iba igenewe cyane cyane abari mu kiciro cya 1 n’icya 2 nubwo ngo n’ibindi byiciro bizamo.

Sekamana avuga ko inguzanyo zidashobora kugera ku muturage wese, asaba ko bategereza ikindi kiciro ngo kuko nubundi hari hatanzwe Miliyoni 14 gusa muri iki cyiciro.

Uretse ubu bwiru n’ikimenyane abaturage bavuga, ngo no gukora imishinga kuri bamwe ngo bagiye bakwa amafaranga y’agacupa (byeri) ibihumbi 2000 cyangwa 1000 na bamwe mubashinzwe kubasinyira.

 

Intyoza.com

 

 

 

 

 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5800 Posts

Politiki

4051 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

993 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga