• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
07/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
07/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
07/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo
07/12/25
Ab’Imyumvire iganisha ku kugumura Abaturage bahawe“GASOPO”, babwirwa itegeko n’Ibihano

Ibuka: Kuvuga ko Ingengabitekerezo ya Jenoside yagabanutse ku kigero runaka biragoye

Umwanditsi
April 3, 2016

Gutangaza ko ingengabitekerezo ya jenoside yagabanutse ku kigero runaka ushyize ku ijanisha, kwemeza umubare biragoye kuko ngo hari byinshi bitamenyekana.

Kuri uyu wa Gatanu Taliki ya 1 Mata 2016, umuryango Ibuka uhagarariye inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994, mu kiganiro n’itangazamakuru, watangaje ko bigoye kwemeza ku ijanisha igipimo runaka ku Ingengabitekerezo ya Jenoside.

Harabura iminsi mike ngo icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 gitangire mu gihugu hose kuko kizatangira Taliki ya 7 kugera 13 Mata 2016.

Insanganyamatsiko yo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 22 igira iti “ Twibuke Jenoside yakorewe abatutsi turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside”.

Ubuyobozi bwa Ibuka, busanga hari byinshi bigikeneye gukorwa mu rwego rwo guhangana n’abagifite muribo ingengabitekerezo ya Jenoside.

Prof Dusingizemungu Jean pierre Perezida wa Ibuka, avuga ko kubirebana n’imibare bigoye kuvuga ngo biri kukigero iki n’iki.

Dusingizemungu agira ati” Twebwe, nta mibare twatanga kuko tuziko hari ingengabitekerezo itanagaragara, imibare ibarwa wenda hakurikijwe ibyagejejwe kuri Polisi, mubutabera, ariko hari ibindi”.

Prof Dusingizemungu, avuga ko hari byinshi bitagera mu mibare nk’ibibera mungo bidashobora kumenyekana, hirya iyo ku ishyiga hamwe n’ibindi byinshi bitagera ahagaragara.

Mu rugamba rwo guhangana n’abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside, ngo hakenewe kwita kuri buri ngaruka ya jenoside yose mu buryo bwose ngo kuko nta kibazo kidakomeye.

Prof Dusingizemungu agira ati”Dushobora kwibeshya cyangwa se tukagwa mu mutego wo kuvuga ngo iki ngiki cyarakemutse,”Oya”ahubwo abantu nibakangurirwe gushaka imibare kuri buri kintu cyose no gushaka ubushobozi kuri buri kintu cyose buri ngaruka ya Jenoside tuyikoreho”. Tutavuga ngo turasumbanya iki ngiki cyangwa se kiriya.

Prof Dusingizemungu, yongeye gusaba cyane abanyamadini gushyiramo imbaraga nyinshi mubyo bigisha bakagaragaza umusanzu wabo mu guhangana no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside batera intambwe igaragara mu butumwa bagenera abayoboke babo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5928 Posts

Politiki

4177 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1040 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga