• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
23/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
23/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
23/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye

Banki y’abaturage ikomeje kurangarana abakiriya bayo bayigana

Umwanditsi
April 15, 2016

Banki y’abaturage agashami kayo kari ku ruyenzi mu karere ka Kamonyi aho kavanywe mu rwabashyashya abakiriya bayo baragaya imikorere bavuga ko itaboneye.

Kuri uyu wa Kane Taliki ya 14 Mata 2016, nibwo abakiriya b’iyi Banki agashami kari Ruyenzi mu isantere mu murenge wa Runda byarushijeho kubayobera ubwo ahagana mu ma saa sita n’igice bisangaga ababakiraga babasize bonyine muri banki aho babakirira.

Uretse kandi kuba aba bakiriya bavugaga ko uwabakiraga kuri gishe yari umwe kandi ari benshi, ngo yageze aho arabasiga ajya kurya ibintu bitashimishije abakiriya ubwo bisangaga ntawubakira.

Ubwo ikinyamakuru intyoza.com cyageraga ku gashami k’iyi Banki ku ruyenzi, umwe mubakozi utashatse kugira byinshi avuga ndetse nta nemere ko amazinaye atangazwa, yavuze ko ikibazo cyatumye umukozi agenda ari uko network nubundi yari yabuze bityo umukozi agahitamo gukoresha ako kanya kugira ngo ajye kurya kuko ngo n’ubundi ntacyo yari kuba akora.

Ubwo kandi umunyamakuru yifuzaga kugira ibyo yamenya kubivugwa ko aka gashami karangarana abakiriya kagatanga serivise itari nziza, ushinzwe aka gashami yanze kugira ibyo atangaza avuga ko umunyamakuru yajya kubaza Banki y’abaturage ishami rya Muhima ngo kuko ariyo ibareberera.

Banki y'abaturage agashami kayo kari runda mu karere ka Kamonyi mu isantere y'ubucuruzi ya Ruyenzi
Aho Banki y’abaturage ikorera, agashami kayo kari i runda mu karere ka Kamonyi mu isantere y’ubucuruzi ya Ruyenzi.

Umwe mubakiriya ba Banki y’abaturage waganiriye n’intyoza.com utarashatse gutangarizwa izina, agira ati:”ubanza uwazanye iyi banki hano akibwira ko ikiri mu Rwabashyashya, hano ni kumugi, haratuwe kandi benshi bavunwaga no kujya kigari bahinira hano, rero nibaduhe serivise nziza kandi n’abakozi bahagije kuko tubitsamo amafaranga yacu”.

Umuyobozi wa Banki y’abaturage ishami rya Muhima ubwo umunyamakuru yamusangaga mubiro bye, yavuze ko atariwe muvugizi wa Banki ahita aha umunyamakuru nomero za Telefone z’uwitwa Angelique(Ange) ngo niwe ashobora kuvugisha nk’umuvugizi.

Ubwo umunyamakuru yageragezaga kuvugana n’uyu Angelique ku murongo we wa Telefone igendanwa, Ange akimara kumva ibibazo umunyamakuru yifuzaga gusubizwa yamusabye kubyandika kuri e-mail ngo bizahabwe umuyobozi ugomba kubisubiza.

Ubwo umunyamakuru yifuzaga kuba yabonana n’umuyobozi ushobora gusubiza ibi bibazo, Ange yahise aha Telefone undi muntu utashatse gutangaza amazina ye dore ko yabwiye umunyamakuru ko atamutangariza amazina ye uretse mugihe yaba yemeye kwandika ibibazo bikazasubizwa kuri e-mail ari nabwo ngo yabona amazina y’umusubije.

Gusa uyu mu ijwi rye yagize ati:”ibibazo turabizi, ngirango urabizi ko muri iyi minsi Banki yaguzwe n’abashoramari bashyashya, turimo turafatanya Banki na BRD,  hanyuma tugakora gahunda yo kongera abakozi no kongera ubushobozi, ibyo byose uzabibona mu minsi iri imbere bitarenze mu kwa cumi nabiri”.

Bamwe mu bakiriya b’iyi Banki, bavuga ko niba imikorere idahindutse cyane ko nubundi yabaye banki y’ubucuruzi nk’izindi batazakomeza guhabwa serivisi mbi cyane ko Serivise bakenera zishingira ku mafaranga yabo bababikira,.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5800 Posts

Politiki

4051 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

993 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga