• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
27/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
27/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
27/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Umucuruzi Milimo Gaspard yaguye mubitaro muri Kenya

Umwanditsi
May 12, 2016

Milimo Gaspard, umwe mubanyemari uzwi cyane muri Kigali cyane nyabugogo nk’ahazwi nko “kwa Milimo” yapfuye.

Kuri uyu wa Kane Taliki ya 12 Gicurasi 2016, amakuru yakomeje gucicikana hirya no hino ko umucuruzi Milimo Gaspard yapfuye, uyu mucuruzi akaba yaguye mubitaro mu gihugu cya Kenya ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu Taliki ya 11 Gicurasi 2016.

Milimo Gaspard, ni umucuruzi uzwi cyane mu bikorwa by’ubucuruzi, azwi cyane mu mujyi wa Kigali ariko by’umwihariko Nyabugogo dore ko ahafite inyubako z’ubucuruzi yanitiriwe, aha abantu bahazi nko kwa “Milimo”.

Milimo uyu yarushijeho kwamamara no kumenyekana ubwo uwari umuyobozi w’umujyi wa Kigali Mutsindashyaka Theoneste yamushoraga mu manza ashaka ko amazu ye y’ubucuruzi ya Nyabugogo asenywa ariko bikarangira mu nkiko Mirimo atsinze.

Milimo yari atuye mu karere ka Gasabo, bivugwa ko asize umugore n’abana4, benshi bahamya ko Milimo yagiriye neza benshi cyane abo yagiye afasha kuzamuka mubijyanye n’ubucuruzi bakavuga ko nubwo apfuye ngo izina rye ryiza rirasigaye.

Uyu munyemari Milimo, nubwo ibikorwa bye byinshi by’ubucuruzi byari bizwi ari iby’inyubako ze za nyabugogo, bivugwa ko yagiraga n’ibindi bikorwa by’ubucuruzi hirya no hino harimo no hirya y’imbibi z’u Rwanda harimo no mugihugu cya Kenya ari nacyo gihugu yaguyemo.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

 

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga