• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
22/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
22/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
22/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye

Perezida Kagame ntakozwa ibyo gufata Perezida Bashir

Umwanditsi
May 13, 2016

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame, avuga ko nta mpamvu abona yo kubahiriza icyifuzo cya ICC cyo guta muriyombi Perezida Omal Al-Bashir.

Mu kiganiro umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yahaye itangazamakuru ubwo hasozwaga inama mpuzamahanga yiga kubukungu (World Economic Forum on Africa) yavuze ko u Rwanda rutazafata Perezida Omal al-Bashir w’Igihugu cya Sudani.

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rudateganya gufata Perezida Bashir mu gihe yaba yitabiriye inama y’umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) igomba kubera mu Rwanda mu kwezi kwa Nyakanga uyu mwaka wa 2016.

Perezida Kagame yagize ati:”Abategura inama nibatumira Bashir, kandi ntekereza ko bazabikora kuko Sudani na yo iri mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe; icya mbere twaba dushingiye kuki, turi bande bavuga ngo ntugomba kuza hano. Ese byabaho kubera ko ICC yabivuze? Icyo ni ikindi kintu’’.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame, ahamya ko u Rwanda rwiteguye kuzakira kandi neza umuntu wese uzatumirwa n’abategura iyi nama ya AU igomba kubera i Kigali mu Rwanda.

Perezida paul Kagame, avuga ko u Rwanda rutarebwa n’ibintu bya ICC cyane ko ngo u Rwanda nta masezerano ashyiraho ICC rwashyizeho umukono.

Biteganijwe ko inama y’umuryango wa Afurika yunze ubumwe iteganyijwe kubera i Kigali mu Rwanda muri Nyakanga Taliki ya 10 kugera 18 Nyakanga 2016.

Kubazi kandi bakemera Perezida Kagame, bahamya ko imvugo ye ari nayo ngiro, bityo ngo ICC icyifuzo cyo gufatira Bashir mu Rwanda ngo yazategerereza ahandi, u Rwanda mugihe rwaba rudafashe Perezida Bashir rwaba rwiyongereye kubindi bihugu byateye utwatsi icyifuzo cya ICC birimo Uganda aho aherutse mu irahira rya Perezida Museveni.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5800 Posts

Politiki

4051 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

993 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga