• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Abanyeshuri i Burundi bahuye n’uruva gusenya bazira ifoto ya Perezida

Umwanditsi
June 4, 2016

Abanyeshuri basiribanze amafoto ya Perezida Nkurunziza bibaviramo gukubitwa no kuraswaho.

Abanyeshuri, bafashe igitabo bigiramo kirimo ifoto z’abategetsi barimo abaperezida batandukanye b’Uburundi, Abami b’Uburundi, bageze ahari ifoto ya Perezida Nkurunziza mu gushaka kwerekana urwango bamwanga basiribanze n’umuti w’ikaramu ahari ifoto ya Perezida nkurunziza.

Ibyo aba banyeshuri bakoze ntabwo byabaguye neza kuko bamwe muribo barafashwe, abandi bagiye mu mihanda kwigaragambya Polisi ibahukamo n’inkoni, byanze babarasaho kuburyo ngo hari abapfuye abandi bagakomereka.

Emmanuel Niyungeko, umutegetsi w’intara ya Buramvya, ntabwo yemera ko hari uwapfuye, gusa n’abakomeretse ntabwo avuga ko bakomerekejwe n’amasasu ahubwo avuga ko ngo ari amatafari n’amabuye bari bitwaje yo gutera abantu yabakomerekeje.

Kwerekana urwango banga Perezida Petero Nkurunziza basiribanga ahari ifoto ye nibyo byabakozeho.
Kwerekana urwango banga Perezida Petero Nkurunziza basiribanga ahari ifoto ye nibyo byabakozeho.

Uyu mutegetsi avugana n’ijwi rya Amerika, yavuze ko ibi bikorwa byatangiye kuri uyu wa Kane Taliki ya 2 Kamena 2016, avuga ko hari agatsiko ka bamwe mubanyeshuri bashatse kwigaragambya banga ko bagenzi babo babazwa kubyo bakoze nyuma bagahangana na Polisi ubwo yageragezaga kubatatanya.

Niyungeko, avuga ko ubwo bihaga umuhanda bari mu kwigaragambya, bateraga amabuye n’amatafari abagenzi n’imodoka zigenda, ibyo rero ngo Igipolisi cyarabirukankanye kirasa mu kirere kugira ngo kibatatanye.

Uyu mutegetsi, avuga ko muri aba banyeshuri hari abari mu nzego za polisi kubera kubazwa ibyo bakoze ariko agahakana ko hari abandi baba babigendeyemo.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga