• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

DASSO yakubise umuzunguzayi nyabugogo abandi barigaragambya

Umwanditsi
June 10, 2016

Mu gihe umujyi wa Kigali ugaragaza ko udashaka uwitwa umuzunguzayi mu mujyi, ba DASSO bakomeje kubakura mu mujyi bubi na bwiza.

Kuri uyu wa gatanu Taliki ya 10 Kamena 2016, DASSO i Nyabugogo bakubise umuzunguzayi baramunoza bagenzi be barigaragambya bazi ko yapfuye.

Ubwo ibi byabaga, hari ku gicamunsi hagati y’isaha ya saa munani na saa cyenda, uwakubiswe ni umusore wacuruzaga amandazi mu ndobo agenda agurisha ku muhisi n’umugenzi nkuko bamwe mu bazunguzayi babiganiriye intyoza.com i Nyabugogo.

Uyu musore tutabashije kumenya imyirondoro ye, ngo yafashwe na ba DASSO, bamwambika amapingu, hanyuma ngo bamutwara mu nzu basanzwe ngo babashyiramo baramuhondagura baramunoza.

Abazunguzayi hafi no kwa Mutangana, bakomeje kwigaragambya bazi ko mugenzi wabo yapfuye kugera ubwo haje abapolisi n’abasirikare bahosha icyasaga n’imyivumbagatanyo nabwo bihoshwa n’uko beretswe mugenzi wabo.

Imodoka itwara indembe yari yaje gutwara uyu muzunguzayi wari wagizwe intere, abazunguzayi banze ko imutwara baziko yapfuye.bamaze kwerekwa ko agitera akuka nibwo bemeye ko ajyanwa kwa muganga nabwo yajyanywe n’imodoka ya Polisi.

Abazunguzayi, bakomeje kwinubira no gushyira urwego rwa DASSO mu majwi barushinja gukoresha imbaraga z’umurengera kugera n’aho bakubitwa, bamwe bikabaviramo urupfu dore ko mu gihe kitagera ku kwezi aha Nyabugogo hiciwe umuzunguzayi, mugihe kandi kitageze ku cyumweru umuzunguzayi yirukankanwe na DASSO mu mujyi hafi na City Plazza bimuviramo kugongwa n’imodoka.

Igikomeje kwibazwa na benshi ni uburyo ingamba z’ubuyobozi zo gukura abazunguzayi mu mujyi wa Kigali zizagerwaho mugihe abawukurwamo batabikozwa.

Mu bihe bishize umujyi wa Kigali wagerageje gukura bamwe mu muhanda ndetse ubakodeshereza aho bajya gukorera ariko nti byateye kabiri harabananira bigarukira mu muhanda.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga