• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Al – Shabab nayo ubwayo yiyiciye bamwe muriyo

Umwanditsi
June 12, 2016

Abagize umutwe w’iterabwoba wa Al – Shabab, batangaje ko bishe babiri muri bo kubwo gukemangwa.

Mu gihe umutwe w’iterabwoba wa Al – Shabab usanzwe wigamba ibikorwa runaka wakoze byo kwica cyangwa gushimuta abantu, ubu noneho urigamba kwica babiri mubarwanyi bawo.

Uyu mutwe w’iterabwoba wa Al – Shabab, utangaza ko muri Somaliya wishe abarwanyi bawo babiri, abishwe ngo bazize kutizerwa hamwe no kunyuranya n’ibikorwa by’Idini ya Isilamu.

Abishwe bose uko ari babiri, nkuko tubikesha ijwi rya Amerika, uyu mutwe w’iterabwoba utangaza ko bawinjijwemo ubakuye mu gihugu cya Kenya.

Aba barwanyi b’uyu mutwe b’abanyakenya, ubwo bicwaga ku munsi wa gatanu, ntabwo bishwe bonyine ahubwo bicanywe n’umunyasomariya umwe mu ntara ya Juba.

Uretse kandi muri iyi ntara ya Juba, Al – Shabab, ivuga ko yishe abandi bagabo bane mu ntara ya bey. Al – Shabab, ivuga ko aba bagabo bazize gutanga amakuru kuri Leta ya Somaliya, Kenya hamwe n’inzego z’ubutasi za America.

Umwe muri aba bagabo bane nkuko Al – Shabab ibivuga, ashinjwa kugira uruhare rw’igitero cy’indege itagira umudereva (Drone) y’abanyamerika aho iki gitero cyabaye mu mwaka wa 2014 ngo kigahitana umuyobozi wa Al – Shabab witwa Ahmed Abdi Godane.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga