• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Ifoto y’umukuru w’Igihugu cy’Uburundi yirukanishije abanyeshuri

Umwanditsi
June 14, 2016

Abanyeshuri basaga 200 mu gihugu cy’Uburundi, birukanywe mu masomo bazira gusiribanga n’umuti w’ikaramu ifoto ya Perezida Nkurunziza.

Kuri uyu wa kabiri Taliki ya 14 Kamena 2016, abanyeshuri basaga 200 bo ku ishuri rya Gahinga muri Komine Gisuru mu ntara ya Ruyigi birukanywe bazira ifoto ya Perezida Nkurunziza.

Ibi bibaye, mugihe abanyeshuri 11 bo muyindi ntara bari bararezwe icyaha cyo gutuka umukuru w’Igihugu nyuma yo gusiribanganya ifoto ye mubitabo.

Aba basaga 200, birukanywe babwirwa ko baguma murugo iwabo ngo kuko iperereza rigikomeje ngo hamenyekane abagize uruhare mugusiribanga ifoto ya Perezida Nkurunziza mubitabo bigera kuri 27.

Guillaume Kwizera umukuru w’ishuri ryo Muruyigi, nkuko iyi nkuru tuyikesha BBC ibivuga, avuga ko kuwa mbere ubwo babonaga ifoto yasiribanzwemo, nyuma ko abanyeshuri bakoze ikibazo cya mbere, basabwe mu buryo bw’ibanga buri umwe kwandika uwo akeka kuba ariwe wabikoze ariko bose habura ushinja mugenzi we, bahise birukanwa ngo hakorwe iperereza rigamije kwerekana uwabikoze, igihe byakorewe, impamvu yo kubikora.

Iri shuri rya Gahinga, ribaye ishuri rigira gatatu rigaragawemo abasibanganyije mubitabo n’umuti w’ikaramu ifoto ya Perezida Nkurunziza, aba banyeshuri ni abo mu mashuri ane y’imyaka ya munani n’icyenda.

Ibikorwa byo gusiribanga ifoto y’umukuru w’Igihugu cy’Uburundi, byahereye bwa mbere mu Ruziba hari mu mpera z’ukwezi kwa gatanu gushize. Ntibyateye kabiri ibikorwa nk’ibyo byigaragaza ku ishuri rya komine muramvya, aha ho abanyeshuri 11 bagejejwe mubutabera, batanu muri aba baburana bafunze. icyaha bashinjwa cyo gutuka umukuru w’Igihugu kibahamye bakatirwa igifungo kiva ku myaka 5 kikagera ku myaka 10.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga