• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Urubyiruko rwatakambiye Perezida Paul Kagame ku mategeko aruzitira

Umwanditsi
June 27, 2016

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye ko ibibera inzitizi urubyiruko byakurwa mu nzira rukabasha gukora amakoperative ruhuriramo ndetse n’ibitanoze bikanozwa.

Kuri uyu wa mbere Taliki ya 26 Kamena 2016, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yaganiriye n’urubyiruko rushoje itorero ry’Inkomezamihigo. Perezida Kagame yasabye ko ibidasobanutse bikwiye kusobanuka.

Nyuma y’uko urubyiruko rugaragarije Perezida wa Repubulika Paul Kagame inzitizi zo kuba hari itegeko mu makoperative riruzitira mu kwishingira amakoperative, perezida wa Repubulika yasabye ababishinzwe gukora gahunda ituma urubyiruko rudahezwa.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul kagame, ubwo yasabaga ushinzwe amakoperative gusobanura ikibazo gituma urubyiruko ruzitirwa n’itegeko ngo rirubuza gukora koperative yarwo, aho kubisobanura ahubwo yateye urujijo bitera Perezida kwerekana ko abashinzwe amakoperative ubwabo batumva ibintu.

Perezida Kagame yagize ati:” Njye ntabwo numva ikibazo rwose aho kiri, ariko abatabyumva bwambere ni abashinzwe amakoperative, ashinzwe amakoperative ariko niwe ubanje bwambere kudushyira murujijo (Confusion).

Perezida Paul Kagame, yasabye ko ibintu bidasobanutse bivanwa mu nzira, asaba ko ibintu birushaho gusobanurwa, byaba Itegeko cyangwa se uburyo ibintu bisobanurwa cyangwa se ibishyirwa mu buryo butaribwo bigakorwa neza aho gutera ikibazo.

Uru rubyiruko mu gushimira perezida wa Repubulika, rwamwijeje ku muba hafi, kumushyigikira no gufatanya nawe muri byose rutekereza kubyakubaka Igihugu.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga