• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Darfur bambitswe imidari

Umwanditsi
July 5, 2016

Abapolisi 33 b’u Rwanda, ubwitange no gukora akazi kabo neza byabahesheje imidari mu butumwa bw’amahoro barimo i Darfur, ibikorwa byabo ngo bizahora byibukwa.

Ku itariki 4 Nyakanga, abapolisi b’u Rwanda 33 bari mu butumwa bw’amahoro muri Darfur (UNAMID) mu gihugu cya Sudani bambitswe imidari y’ishimwe nk’ikimenyetso cy’uko bakora akazi kabo neza ko kugarura no kubungabunga amahoro muri iki guhugu.

Kwambikwa imidari kwabo, byahuriranye no kwizihiza Umunsi Mukuru wo kwibohora wizihijwe ku nshuro ya 22.

Mu ijambo rye, Intumwa yihariye y’Umuryango w’Abibumbye, muri uyu muhango Martin Ihoeghian Uhomoibhi yagize ati,”Guhera ubu, abambitswe imidari bagizwe abahagarariye amahoro ku isi hose. Umuhati wanyu mu kugarura amahoro muri Darfur uzahora wibukwa”.

Yakomeje avuga ko umutekano abatuye muri Darfur bafite uyu munsi bawukesha ubwitange bw’abambitswe imidari, kandi yongeraho ko baranzwe n’imikorere myiza kuva batangiye izi nshingano.

Ifoto rusanjye y'urwibutso.
Ifoto rusanjye y’urwibutso.

Uhomoibhi yunamiye ababuriye ubuzima mu bikorwa byo kugarura amahoro muri Sudani, ibi akaba yarabikoze mu rwego rwo kubaha icyubahiro.

Yashimye imiryango y’abambitswe imidari, ndetse n’u Rwanda muri rusange agira ati,”Mwagize uruhare rukomeye mu kugarura amahoro muri Sudani. Umuryango w’Abibumbye uzahora uzirikana ibikorwa byanyu”.

Na none muri icyo gikorwa, abasirikare b’u Rwanda bo muri batayo ya 47 bari muri ubu butumwa bw’amahoro na bo bambitswe imidari y’ishimwe.

Uyu muhango witabiriwe kandi n’Umuyobozi wa UNAMID Lt. Gen Frank Mushyo Kamanzi, Police Commissioner Madam Presilla Makotse, n’abandi banyacyubahiro batandukanye bafite inshingano zinyuranye  muri ubu butumwa bw’amahoro.

Iyi nkuru tuyikesha Polisi y’u Rwanda

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga