• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Umudepite w’Uburundi Hafsa Mossi yapfuye arashwe

Umwanditsi
July 13, 2016

Hafsa Mossi, umudepite wari uhagarariye uburundi mu nteko ishinga amategeko y’umuryango w’ibihugu bya Afurika y’uburasirazuba yarasiwe ibujumbura arapfa.

Kuri uyu wa gatatu Taliki ya 13 Nyakanga 2016, Ibujumbura mu Burundi harasiwe umudepite Hafsa Mossi wari uhagarariye iki gihugu mu nteko ishinga amategeko mu muryango w’ibihugu bya Afurika y’uburasirazuba EALA.

Polisi y’u Burundi, yahamije amakuru y’urupfu rw’uyu mudepite Hafsa, ivuga ko yarashwe n’abantu batarabasha kumenyekana akajyanwa kwa muganga agitera akuka ariko bikanga akaba ariho agwa.

Umuvugizi w’igipolisi cy’uburundi, yatangaje ko Mossi yarashwe ahagana mu masaha ya saa yine z’amanywa n’abantu bari mu modoka bagahita bakomeza ariko ngo bakaba batabashije kumenyekana cyangwa ngo bafatwe.

Hafsa Mossi, umwaka ushize yari mu Rwanda aho yanasuye impunzi z’abarundi arebye uko zimerewe asuka amarira yiyemeza kuzikorera ubuvugizi no kugerageza kushaka umuti w’uko zataha zikava mubuhungiro.

Aha Hafsa yaririraga impunzi z'abarundi i Mahama bababajwe n'ubuzima bwazo.
Aha Hafsa, yaririraga impunzi z’abarundi i Mahama ababajwe n’ubuzima bwazo.

Hafsa Mossi, yakoze akazi k’ubunyamakuru kuri Radio BBC, yakoze kandi imirimo itandukanye ya Politiki, yabaye Minisitiri, yabaye umuvugizi wa Guverinoma mu gihugu cy’uburundi. abamuzi bahamya ko yari umuntu wa hafi wa perezida Pierre Nkurunziza dore ko bari banasangiye ishyaka.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga