• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/07/25
Umunyamakuru muzima ni uriho si uwapfuye-Me Jean Paul Ibambe
18/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: URUGAGA RW’ABAYOBOZI ku Mudugudu rwabaye igisubizo ku mibereho myiza y’Umuturage
18/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
18/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira

Kamonyi: Kubona aho gukorera ngo byabarinze impanuka za hato na hato

Umwanditsi
July 17, 2016

Nyuma yo kumara igihe batakamba ngo bahabwe aho gukorera, abamotari bakorera kamonyi bavuga ko kuhabona byabarinze byinshi bitari byiza.

Abatwara abagenzi kuri Moto (Abamotari) bakorera mu karere ka Kamonyi ahazwi nko ku masuka, nyuma yo guhabwa aho bakorera, bavuga ko biruhukije ndetse bagashima kuko ngo kugira aho bakorera byabarinze ibizazane birimo n’impanuka bahuraga nazo.

Uretse kuba aba bamotari barahuraga n’icyibazo cyo gufatwa bagacibwa amafaranga yo guparika nabi, bavuga ko n’impanuka zari zitaboroheye kuko ngo baparikaga hakurya y’umuhanda ugereranije n’aho imodoka zisiga abagenzi ari nabo bakiriya babo benshi bagira.

Ukwizabigira John, umumotari ukorera Kamonyi avuga ko bishimiye parikingi bahawe, avuga kandi ko ibyishimo atari iby’abamotari gusa kuko ngo n’abagenzi babyungukiyemo kuko ngo aho baparikaga mbere bari mu byago byinshi byo gukorerwa cyangwa guteza impanuka.

Ukwizabigira agira ati:” Aha twahahawe na Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda muri kamonyi, ni ahantu heza cyane, umugenzi ava mu modoka yicara kuri moto cyangwa nanjye na muvana ahantu nkamugeza hano ava kuri moto yinjira mu modoka, nta mugenzi ucyambuka umuhanda aje kudutega cyangwa se ngo twe dusiganwe twambuka dutanguranwa abagenzi. Turashimira Polisi n’abadukoreye ubuvugizi”.

Aho abamotari baparika ni ukurwanira abagenzi n'amavatiri bahora bahanganye.
Aho abamotari bahawe guparika ni ukurwanira abagenzi n’amavatiri bahora bahanganye.

Musabyimana Jean Pierre, umumotari ukorera nawe Kamonyi (aho bita ku iseta yabo) we agira ati:” wavaga hariya hakurya watambira aha bagahita bagufata ngo uparitse nabi, kumvikana n’abasekirite mwaheraga mu bihumbi icumi kuko bagushyikirije Polisi cyangwa ikakwifatira wandikirwaga ibihumbi 25, kubona Parikingi rero byaradushimishije ndetse biturinda ibizazane.

Aba bamotari bakorera ku iseta ya kamonyi (uko bo babyita) ahazwi nko ku masuka, nyuma yo guhabwa Iseta bakoreraho ndetse bagashima Polisi yabikoze ngo basigaranye ikibazo kimwe ki kibateye inkeke cy’amavatiri bavuga ko atagira ibyangombwa nyamara akabatwara abagenzi.

CIP Hakizimana Andre, umuvugizi wa Polsi mu ntara y’amajyepfo, ku kibazo cy’imodoka z’amavatiri abamotari, yabwiye intyoza.com ko ari ikibazo bagiye kuvugutira umuti.

CIP Andre Hakizimana agira ati:” Abamotari ni bashire impungenge, iyo tumenye ikibazo tugerageza kugishakira igisubizo, nibashire impumpu icyo nacyo turagishakira umuti urambye”.

Ikibazo cy’abamotari n’izi modoka nto zibatwara abagenzi (Taxi Voiture) ni ikibazo kimaze igihe na mbere y’uko bahabwa iseta bakoreraho, ngo cyakomeje kuvugwa kirandikwa kimenyeshwa inzego za Polisi nyamara ngo buri gihe babwirwa ko gikemuka bikarangira ntagikozwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5835 Posts

Politiki

4086 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1000 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga