• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Cyuve: Barishyuza ingurane y’imitungo yangijwe n’imashini zica imihanda

Umwanditsi
July 20, 2016

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Cyuve, cyane cyane abo mu mudugudu wa Marantima, mu karere ka Musanze, Intara y’Amajyaruguru baravuga ko imitungo yabo yangijwe n’imashini ica imihanda nyamara bakaba batarahawe ingurane, kugeza n’ubu bakaba bakishyuza ariko barahebye. Ibyo akarere ntikabikozwa.

Mukandatira ni umukecuru w’imyaka 60, akaba umwe mu bavuga ko batahawe ingurane z’ibye byangijwe. Agira ati “Natunguwe no kubona imashini ikora imihanda ije maze igatangira guca imihanda, ari nako yangiza imitungo yacu yarimo ibirayi, amashyamba n’ibindi”.

Akomeza avuga ko nta muyobozi n’umwe wigeze abamenyesha ko aho hantu hazanyuzwa umuhanda, ngo byibura basarure imyaka yabo cyangwa bateme ibiti byabo byangijwe hakiri kare.

Akomeza avuga ko kuba imyaka yabo yarangijwe bizabateza inzara, kandi ngo n’umurima muto asigaranye yiteguye ko banki ishobora kuzawutwara kuko bari barasabye umwenda muri banki bibumbiye muri koperative y’abahinzi b’ibirayi, none ngo imashini zarabyangije ntibahabwa ingurane. Akarere ntikabikozwa.

Akarere karabagaramye

Mu gihe abaturage bafite imirima yanyujijwemo umuhanda bakomeza gutakamba basaba kwishyurwa ibyabo byangijwe, ubuyobozi bw’akarere ka Musanze bwo burahakana ayo makuru.

Akarere ka Musanze kemeza ko nta mitungo y’abaturage yangijwe kuko ngo mbere y’uko imihanda icibwa bari bumvikanye n’abaturage.

Kuri icyo kibazo, umuyobozi wungirije w’akarere ka Musanze ushinzwe  iterambere ry’ubukungu, Habyarimana Jean Damascène, agira ati “Mbere y’uko iyi mihanda icibwa,  ubuyobozi  bwabanje kubonana n’abaturage, twemeranya uburyo bazahabwa  ingurane z’ibyabo bishobora kwangirika.  Niba rero hari aho imashini zanyuze nko mu mbibi zikangiza, ibi nabyo tugiye kubiganiraho n’aba baturage kandi na bo bazabona ingurane”.

Ubusanzwe iyo hari ahazanyuzwa ibikorwa rusange, abagomba guhabwa ingurane bigomba gukorwa mu mezi ane.

Mu bintu 22 biteganywa n’itegeko N° 32/2015 ryo ku wa 11/06/2015 ryerekeye kwimura abantu ku mpamvu z’inyungu rusange, umuhanda n’inzira ya gariyamoshi ni byo biza kuri nomero ya mbere.

Ingingo ya 27 y’iri tegeko ivuga ko ibihabwa agaciro mu kwimura abantu ku mpamvu z’inyungu rusange ngo harihwe indishyi ikwiye z’abimuwe ku mpamvu z’inyungu rusange ari ubutaka, ibikorwa umuntu yakoze ku butaka bigamije kubukoresha neza cyangwa kububyaza umusaruro, n’indishyi y’ihungabana ritewe no kwimurwa.

Munyantore Jean

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga