• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
13/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
13/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
13/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Kamonyi: Imodoka yafashwe n’inkongi y’umuriro irakongoka

Umwanditsi
August 5, 2016

Imodoka nto yo mubwoko bw’ivatiri starlet yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya yose uwari uyitwaye aburirwa irengero.

Ahagana ku isaha ya saa moya n’igice z’ijoro zo kuri uyu wa kane Taliki 4 Kanama 2016, imodoka nto bita Starlet, yafashwe n’inkongi y’umuriro igeze ahitwa mu nkoto irakongoka yose.

Iyi modoka yahiye igakongoka, byaje kumenyekana bigoye ko yari ifite Puraki nomero RAA 396 C aho ababonye ishya bavuga ko yavaga Kigali yerekeza Kamonyi Rugarika.

Impanuka yo gushya kw’iyi modoka yabereye rwagati neza muri Santere y’ubucuruzi ya Nkoto, nta muntu yagize icyo itwara, nta n’ikindi icyaricyo cyose yangije.

Ubwo ikinyamakuru intyoza.com cyageraga aho impanuka yabereye, abaturage barwanye no kugerageza kuyizimya bafatanije na Polisi, bahamya ko babonye ifatwa n’inkongi y’umuriro igeze mu muhanda rwagati bakarwana no kuyizimya ariko bikanga bikaba iby’ubusa igashya yose.

Uko imodoka yahiye igakongoka.
Uko imodoka yahiye igakongoka.

Umushoferi wari utwaye iyi modoka ntabwo yabashije kumenyekana kuko yahise ahunga ariko nyirimodoka we yamenyekanye ko yitwa Rukundo Gratien umuturage utuye mu murenge wa Rugarika muri aka karere ka Kamonyi.

Andi makuru ikinyamakuru intyoza.com cyabashije kumenya kuri iyi modoka, avuga ko kumanywa n’ubundi yari yigeze gushaka guhira i nyabugogo mu mujyi wa Kigali ariko ngo bagahita bayizimya itaragira icyo iba.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga