• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi: Baganirijwe na Polisi Bibutswa inshingano z’urugo mu muryango

Umwanditsi
August 23, 2016

Mu murenge wa Karama, abagore 150 bahagarariye abandi mu nzego zabo baganiriye ndetse bongera kwibutswa gukeburana no kujya bibukiranya hagat yabo inshingano zabo mu muryango.

Kuri uyu wa mbere taliki ya 22 Kanama 2016, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kamonyi mu murenge wa Karama akagari ka Bitare, abagore bagera ku 150 bahagarariye abandi baganirijwe, basabwa gukeburana bagamije kubaka umuryango Nyarwanda.

Umupolisi ushinzwe guhuza ibikorwa bya polisi n’abaturage, inspector of Police (IP) Niyonagira Athanase, aganiriza aba bagore bahagarariye abandi, yabasabye kurushaho kwita no kwibuka inshingano nyamukuru bafite yo kubaka umuryango Nyarwanda.

IP Niyonagira, yabwiye aba bagore ko Igihugu kitabasha gutera imbere mu gihe mu muryango nta bwumvikane buhari, ko ndetse mu gihe ubumwe n’urukundo bitarangwa mu muryango no gutera imbere k’umuryango nabyo bitashoboka.

IP Niyonagira Athanase, yasabye cyane aba bagore kujya bakeburana, yabasabye kandi gukebura abataye inshingano, kwirinda ubusinzi, kwirinda gutaha amajoro, kwirinda kurara mutubari, kwirinda gucana inyuma ku bashakanye kuko ngo ibi byose ari bimwe mubiteza ubwumvikane buke mu muryango.

Bamwe mu bagore bahagarariye abandi mu kiganiro na Polisi kuruhare rwabo mu muryango.
Bamwe mu bagore bahagarariye abandi mu kiganiro na Polisi kuruhare rwabo mu muryango.

Murekatete Beatha, umwe mubitabiriye ibi biganiro yavuze ko agiye gukebura bagenzibe bakarushaho gufatanya mu kubaka umuryango nyarwanda. Murekatete yanasabye kandi bagenzibe kwirinda gutwara abagabo b’abandi.

Umukozi w’umurenge ushinzwe irangamimerere(Etat Civil) wari witabiriye iyi gahunda y’ibiganiro, yashimiye Polisi ku nyigisho nziza yabahaye ndetse ikanabibutsa ishingano bafite nk’umuryango ugomba gufatanya mu kubaka Igihugu. yavuze kandi ko bagiye gushyira mubikorwa inyigisho nziza bahawe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga