• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Karongi: Batatu barimo umwana na Nyina bakubiswe n’inkuba bahita bapfa

Umwanditsi
September 16, 2016

Imvura iguye kuri uyu mugoroba ivanze n’inkuba, mu karere ka Karongi mu murenge wa Bwishyura batatu barimo umwana na nyina bishwe n’inkuba.

Mu gihe hari hashize igihe kitari gito abantu bategereje imvura batayibona, aho iziye kuri uyu wa gatanu taliki ya 16 Nzeli 2016 igeze mu bice bitandukanye by’igihugu ariko kubatuye mu karere ka Karongi umurenge wa Bwishyura inkuba zitwaye ubuzima bw’abantu batatu.

Abishwe n’inkuba ni Mukeshimana Josephine ufite imyaka 55 y’amavuko hamwe n’umwana we w’umukobwa witwa Mukarugena Violette w’imyaka 15 y’amavuko. Uyu mubyeyi n’umwana we, inkuba ngo ibakubise barimo bareka amazi y’imvura yari iguye.

Nyuma y’uyu mubyeyi n’umwana we, inkuba ikubise kandi umwana w’imyaka ine witwa Byukusenge Paul wo murugo ruturanye n’urw’uyu mubyeyi n’umwana we bahitanywe n’inkuba.

Mutuyimana Emmanuel, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa bwishyura, yemereye umuseke.com dukesha iyi nkuru ko urupfu rw’aba bantu batatu rwabaye aho bakubiswe n’inkuba.

Mutuyimana, yatangaje ko ubwo ibi byabaga bahise bajya gutabara aba bagize ibyago ndetse no kureba niba iyi mvura yagwaga ari nyinshi haba nta bindi yaba yangije. Usibye abishwe n’inkuba, hari amakuru avuga ko  umugabo umwe wo mu kagari ka Nyarusazi yakubiswe n’inkuba ikamutwika urutugu kubw’amahirwe ikamusiga agihumeka.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga