Donald Trump atsinze amatora ya Perezida wa Amerika

Donald Trump, utsinze amatora yo kuba Perezida wa 45 wa Amerika, ahigitse Hillary Clinton bari bahanganye bikomeye muri aya matora.

Donald Trump, kuri uyu wa gatatu tariki ya 9 ugushyingo 2016, niwe watangajwe ko atsinze amatora y’umukuru w’Igihugu cy’igihangange ku Isi cya Amerika. Muri aya matora yari ahanganye bikomeye na Hillary Clinton. Trump yarengeje amajwi 270 yasabwaga, Abaye perezida wa 45 ugiye kuyobora Leta zunze ubumwe za Amerika.

Trump, yiyamamaje nk’umukandida uhagarariye ishyaka ry’Abarepuburikani( Republicans) mu gihe Hillary Clinton bari bahanganye bikomeye yari ahagarariye ishyaka ry’Abademokarate ( Democrats).

Donald Trump, mu gihe mu kwiyamamaza kwe atari ashyigikiwe n’abagiye bayobora Amerika bakiriho ndetse na bamwe mu byamamare muri iki gihugu, Hillary Clinton yari ashyigikiwe ariko birangira Trump amuhigitse bityo aba Perezida wa45 wa Amerika.

Donald Trump, agomba gusimbura ku ntebe ya Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Barack Hussein Obama ushoje manda ye ya kabiri.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →