• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/07/25
Umunyamakuru muzima ni uriho si uwapfuye-Me Jean Paul Ibambe
19/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: URUGAGA RW’ABAYOBOZI ku Mudugudu rwabaye igisubizo ku mibereho myiza y’Umuturage
19/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
19/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira

Umutwe wa Polisi wihariye watangiye guhiga abamotari bakora ibyaha

Umwanditsi
December 10, 2016

Polisi y’u Rwanda iramenyesha ko mu gihugu hose hatangiye umukwabu ugamije gufata abanyabyaha biyoberanya mu mwuga w’ubumotari.

Uyu mukwabu uzafata abawukora nta byangombwa nk’impushya zo gutwata moto, moto zitagira ibyangombwa, ubwishingizi n’ibindi, Ibi bikazakorwa n ‘umutwe wa polisi wihariye uzakora uyu mukwabu, gukora iperereza no gufata abakekwaho ibyo byaha.

Ibi byatangajwe ku italiki 10 Ukuboza 2016 n’umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, CIP Emmanuel Kabanda, wavuze ko abamotari bamwe barimo kugaragara mu byaha icuruzwa ry’abantu n’ibiyobyabwenge ndetse no gutwara abakora ibyaha.

Yaboneyeho guhamagarira abantu bose kwitondera no gutanga amakuru ku bantu bose bihishe muri uyu mwuga bakora ibindi byaha.

Akaba yagize ati:” Turasaba abantu kuduha amakuru kuri aba bantu ngo bafatwe”.

Yakomeje avuga ko abantu bakwiye no kureba abamotari batambaye umwambaro wabo, ingofero kandi ibi byombi bifite umubare wa ba nyirubwite.

Aha yagize ati:” Uyu mukwabu urimo kuba ku bufatanye na koperative zabo ukaba uzakomereza ku bakora uyu mwuga batazirimo no ku batwara moto muri rusange”.

Yagiriye inama abamotari kubahiriza amategeko kandi kudahishira bagenzi babo babanduriza isura babatangaho amakuru.

Polisi kandi iranasaba ba nyiri moto buri gihe gukurikirana neza imyitwarire y’abo baha moto zabo ngo bazikoreshe.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter   

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5835 Posts

Politiki

4086 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1000 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga