• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
12/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
12/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
12/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Abakozi bo murugo bafatanywe akayabo k’amadolari n’amanyarwanda bibye umukoresha wabo

Umwanditsi
December 16, 2016

Abakozi babiri b’abakobwa, Seraphine Twizerimana hamwe na mugenziwe Louange Nikuze bakoraga akazi ko murugo kwa Isanga David Gihana bari mu maboko ya Polisi aho bafatanywe asaga ibihumbi 11 by’amadolari n’amanyarwanda asaga ibihumbi 500 bibye.

Seraphine Twizeyimana hamwe na Louange Nikuze bakoraga akazi ko murugo kwa Isanga David Gihana mu karere ka Kicukiro, bari mu maboko ya Polisi kuva tariki ya 14 ukuboza 2016 aho bakurikiranyweho kwiba amadolari 11.400 n’andi mafaranga 560.000 y’u Rwanda.

Aba bakozi, Twizeyimana hamwe na Nikuze ubwo berekwaga itangazamakuru ndetse bakagira icyo bavuga kubyo bakurikiranyweho, bemera icyaha bagasaba imbabazi. Bavuga ko binjiye mu cyumba abakoresha babo bagiye mu kazi nyuma yo gucurisha urufunguzo rw’icyumba.

Amafaranga y’amadolari hamwe n’amanyarwanda yari yibwe agafatanwa n’abayibye n’agafunguzo k’agacurano.

Aba bakozi babiri b’abakobwa, bavuga kandi ko umugambi bari bafite binjira mu cyumba cya shebuja wari uwo kureba imbunda ngo yari amaze iminsi ababwiye ko azabarashisha ariko ngo bayibuze babonye amafaranga menshi maze ngo kubera ubukene bahitamo kuyiba.

SP Emmanuel Hitayezu, umuvugizi wa polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali yatangarije itangazamakuru koi fatwa ry’aba bakozi babiri bo murugo Nikuze na Twizeyimana ryatewe n’uko umukoresha wabo yafashije Polisi mu gutanga amakuru vuba ari nabyo byatumye batangira iperereza kare bityo bakabasha gufata aba bakozi bombi.

SP Emmanuel Hitayezu, yaboneyeho kandi gukangurira abanyarwanda bose n’abandi muri rusange ko bagomba iteka kwihutira kwegera inzego z’umutekano batanga amakuru kugira ngo babashe gukurikirana abakekwaho ibyaha mu gihe byakozwe. Yanaburiye kandi abantu bose kwirinda kugendana amafaranga menshi no kuyabika murugo.

Isanga David Gihana amaze gushyikirizwa amafaranga ye yose.

Isanga David Gihana, nyuma yo gushyikirizwa amafaranga ye yose uko yari yibwe n’abakozi be bo murugo akagarurwa na Polisi y’u Rwanda nyuma yo guta muri yombi abo bakozi, yashimye cyane Polisi y’u Rwanda. Yavuze ko mu mahanga yose yagenze abona polisi y’u Rwanda ikora ibikorwa byiza bidapfa gukorwa na Polisi z’ahandi.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga