• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
17/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
17/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
17/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge

Perezida Paul Kagame yongeye gutunga agatoki imitangire ya Serivise mu Rwanda

Umwanditsi
December 17, 2016

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame, ubwo yasozaga inama y’Igihugu ya 14 y’umushyikirano, yongeye gutunga agatoki imitangire ya Serivise anibaza impamvu hatabaye umwanya wo kubiganiraho.

Perezida Paul Kagame, asoza inama y’Igihugu ya 14 y’umushyikirano yavuze ku mitangire ya Serivise, atunga agatoki abadatanga serivise neza ndetse n’abahabwa serivise mbi bagaceceka. Yanibajije impamvu bitahawe umwanya ngo biganirweho.

Perezida Paul Kagame yagize ati:” Ndashaka gusubira ku kantu kamwe numva katavuzwe bihagije cyangwa katanavuzwe wenda mu byukuri. Ibintu byo gutanga za serivise, uko zitangwa ndumva bitaraganiriwe, iyo tuza kugira abantu babiduhaho ikiganiro ngo tugire icyo tubivugaho(Customer service, customer Care ) uko bitangwa, Twabyibagiwe nkana cyangwa byari uko tutabihaye uburemere buhagije?”.

Perezida Kagame, yibukije ko mu bigo bitandukanye byaba ibya Leta ndetse n’iby’abikorera ku giti cyabo ko habayemo ugushishoza bagenda babona icyashobora guhindurwa kandi kitarenze ubushobozi buhari.

Yagize ati:” Aho wajya hose, uri umuntu ushishoza, turi abantu bashishoza uko turi hano, twagenda tubona icyo dushobora guhindura, twahindura kandi kiri mu bushobozi bwacu, ntabwo mvuga ibiturenze bitari mu bushobozi bwacu, icyo tutakibutse cyangwa ngo tukiganire dufite icyo turi butakaze”.

Perezida Kagame, yatunze agatoki abantu bose baceceka mu gihe bahawe serivise mbi, baba abatanga serivise ndetse n’abazihabwa ariko kandi anavuga ku bayobozi by’umwihariko baba abatanga cyangwa abahabwa serivise, avuga ko iyo ukorerwa ikintu umuntu akakiguha uko ashaka uko ariko kose kandi uri bunishyure ngo icyo gihe uba ufite ikibazo nawe.

Perezida Paul Kagame, yibukije ko ikibazo kitari gusa kuri uwo muntu utanga serivise, ko ahubwo n’umuntu wemera guhabwa serivise nabi akayakira, agaceceka ubundi akishyura akagenda ko nawe ubwe aba afite ikibazo. Agira ati:” Ni ukuvuga ngo Icyaha turagifatanyije, twebwe duhabwa serivise mbi tukemera, tukayishyurira tukagenda ari n’uwayiduhaye nawe utanga serivise nabi”. Perezida Paul Kagame, yasabye abantu bose guhagurukira kurwanya abatanga serivise nabi no kudaceceka mu gihe bahawe serivise mbi.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5798 Posts

Politiki

4049 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga