• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
05/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
05/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo
05/12/25
Ab’Imyumvire iganisha ku kugumura Abaturage bahawe“GASOPO”, babwirwa itegeko n’Ibihano

Ishyaka ry’Iterambere n’Ubusabane mu Rwanda PPC rirashidikanya niba rizahatanira kuyobora u Rwanda

Umwanditsi
December 29, 2016

Mu gihe mu Rwanda umwaka utaha wa 2017 hateganijwe amatora y’Umukuru w’Igihugu, ubuyobozi bw’ishyaka PPC bwo buracyari mu mayira abiri aho buvuga ko butazi niba buzatanga umukandida cyangwa niba ntawe buzatanga.

Hon. Dr Muhabaramba Alivera, umuyobozi mukuru w’ishyaka ry’Iterambere n’Ubusabane mu Rwanda PPC, mu kiganiro yahaye intyoza.com yatangaje ko kugeza ubu batazi niba bazagira umukandida batanga ku mwanya wo guhatanira kuyobora u Rwanda mu matora ari imbere.

Hon. Dr Mukabaramba, avuga ko imwe mu mpamvu ituma atabasha kwemeza niba biteguye gutanga umukandida ku guhatanira umwanya wo kuyobora u Rwanda binyuze mu matora ateganijwe muri 2017 mu kwezi kwa Munani ngo ni uko ishyaka ritarabyicarira ngo ribyigeho.

Hon. Dr Mukabaramba yagize ati:” mu by’ukuri mu kwiyamamaza ni ishyaka ribigena, ntabwo rero ubu ngubu njyewe nakwicara ahangaha ngo mvuge ngo nziyamamaza cyangwa si nziyamamaza, tuzatanga umukandida cyangwa ntituzamutanga, biracyaganirwaho”.

Hon. Dr Mukabaramba Alivera, akomeza avuga ko icyemezo cyo kuba bazagira userukira ishyaka ayoboye rya PPC kizaganirwaho ndetse kigafatwaho umwanzuro mu nama ya Kongere y’ishyaka nubwo atabashije gutangariza intyoza.com igihe itegenijwe.

Amatora y’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, ateganijwe umwaka utaha wa 2017 mu kwezi kwa Kanama taliki ya 3 ku bazatora bari hanze y’Igihugu naho abanyarwada bari imbere mu Gihugu ni tariki ya 4 Kanama 2017 nkuko byamaze gutangazwa na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.

Bamwe mu bamaze kugaragaza ko baziyamamariza uyu mwanya w’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda; ni Perezida Paul Kagame usanzwe ariwe uyoboye u Rwanda, umuryango RPF- Inkotanyi aturukamo ukaba waranamaze kwemeza ko ariwe uzawuhagararira mu matora hamwe na Dr Frank Habineza uyobora ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (The Democratic Green Party of Rwanda) utegereje ko Kongere y’Ishyaka abereye umuyobozi izaterana ngo imwemeze bidasubirwaho.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5928 Posts

Politiki

4177 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1040 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga