Leta y’u Burundi yafashe umwanzuro wo guca k’Ubutaka bwayo ishyirahamwe Ligue Iteka

Ligue Iteka, ishyirahamwe riharanira uburenganzira bwa muntu rimaze igihe gisaga imyaka 25 rikorera k’ubutaka bw’u Burundi ryamaze guhagarikwa burundu na Leta y’iki gihugu.  

Leta y’u Burundi iyobowe na Perezida Petero Nkurunziza, yahagaritse burundu k’ubutaka bwayo ishyirahamwe Ligue Iteka riharanira uburenganzira bwa muntu aho irishinja kwanduza isura y’u Burundi hamwe no guteza amacakubiri n’urwango mu baturage b’iki gihugu.

Ligue Iteka, ihagaritswe burundu gukorera ibikorwa byayo k’ubutaka bw’u Burundi nyuma y’igihe kitari kinini andi mashyirahamwe agera muri atanu nayo ahagaritswe. Ayo mashyirahamwe yahagaritswe mu kwezi kw’ukwakira umwaka ushize wa 2016. Ligue Iteka yari mu mashyirahamwe yagiye imbere mu kwamagana manda ya 3 ya Perezida Nkurunziza.

Ishyirahamwe Ligue Iteka, mu kwezi kw’ugushyingo 2016 ryifatanije n’ishyirahamwe mpuzamahanga riharanira uburenganzira bwa muntu FIDH mu gushyira hanze icyegeranyo cyashinjaga Leta iyobowe na Petero nkurunziza ibyaha bikomeye byakozwe uhereye mu kwezi kwa Mata 2015.

Ibyo Leta y’u Burundi yashinjwaga n’aya mashyirahamwe arengera uburenganzira bwa muntu byari bishingiye ku kuba ngo Leta yarimo itegura umugambi wa Jenoside, ibi birego byari muri icyo cyegerenyo Leta y’u Burundi yabyamaganiye kure ivuga ko ari ibinyoma.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →