• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Ingabo z’u Burundi zigiye kwishyurwa umushahara n’ibirarane bigera ku mezi 12

Umwanditsi
January 20, 2017

Umuryango w’ubumwe bwa Afurika wamaze gukemura burundu ikibazo cy’imishahara n’ibirarane by’ingabo z’uburundi cyari kigiye gutuma izi ngabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya-AMISOM zitahuka.

Nyuma y’aho Leta y’u Burundi imenyesheje ko igiye gukura ingabo zayo mu gihugu cya Somaliya mu burtumwa bw’amahoro-AMISOM kubera gukora zidahembwa kandi ikibazo kidakemuka, umuti w’ikibazo wabonetse. Izi ngabo ntabwo zigitashye.

Mu kiganiro Smail Chergui, umuyobozi w’akanama k’amahoro n’umutekano mu muryango w’ubumwe bwa Afurika yahaye abanyamakuru kuri uyu wa kane tariki ya 19 Mutarama 2017 nyuma y’urugendo rw’iminsi 2 yagiriraga mu Burundi. Yavuze ko ikibazo cy’imishahara n’ibirarane kitazongera kuvugwa.

Chergui, yijeje ko mu gihe cya vuba yemwe gishobora no kutarenga ukwezi kumwe imishahara ndetse n’ibirarane bigera ku mezi 12 ingabo z’u Burundi zari ziberewemo kiraba gishyizwe ku ruhande maze ibintu bigakomeza uko byahoze.

Kugira ngo ikibazo kigere aho gikomera ndetse Leta y’u Burundi ifate icyemezo cyo gucyura ingabo zabwo, byaturutse ku muryango w’ubumwe bw’uburayi ari nawo uhemba izi ngabo wari waranze gutanga amafaranga uyanyujije kuri Konti za Leta y’u Burundi aho washakaga ngo kuyanyuza kuri Konti ya buri musirikare ariko abategetsi b’u Burundi bakabitera utwatsi. Ibi byose ngo biturutse ku kuba hari ibihano u Burundi bwafatiwe n’ibihugu biri mu muryango w’ubumwe bw’uburayi ku mpamvu za Politiki.

Smail Chergui, yatangaje ko umuryango w’ubumwe bw’uburayi uzakomeza gufatwa nk’umuterankunga ukomeye w’ubumwe bwa Afurika ariko kandi ngo n’ubwigenge bw’igihugu cy’u Burundi bukazakomeza kubahirizwa. Yavuze kandi ko ibi byakozwe bizatuma abasirikare bari muri Somaliya bazakomeza gukora umutima uri hamwe.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga