• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
23/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
23/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
23/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye

Uruhinja rw’amezi 8 rwakijije ubuzima bwa Mama warwo

Umwanditsi
February 24, 2017

Umugore w’umwongereza w’imyaka 26 y’amavuko yamenye ko arwaye Kanseri y’iberi, amahirwe yo kubimenya hakiri kare ayakesha ibimenyetso by’umwana we w’uruhinja yagaragaje ubwo yangaga konka.

Sarah Boyle ku myaka 26 y’amavuko, yabuze amahoro ndetse agera nubwo yajyaga akubita uruhinja rwe mu gihe rwangaga konka ibere ry’iburyo ariko akaba yari ataramenya impamvu ituma rutonka, gusa uru ruhinja rwe nirwo rwamufashije hamenyekana ko arwaye Kanseri y’iberi, aho ndetse bayifatiranye ikiri ishobora kuvurwa.

Ubwo yari yihebye ndetse yumva nta byiringiro kubwo kwanga konka k’umwana we, nyuma yo kumukorera ibizami ndetse bagasanga ibibyimba by’indwara ya Kanseri mu ibere, abaganga bamugaruriye icyizere, baramukomeza, baramukurikirana dore ko basanze Kanseri afite yari ikiri ku rwego rwo kuba yavurwa igakira.

Uyu mubyeyi, avuga ko amahirwe yo kuba yarabashije gukurikiranwa akavurwa ndetse akaba ashobora gukira ayakesha umwana we w’uruhinja kuko mu kwanga konka byatumye ajya kwa muganga akoresha ibizamini bityo Kanseri bayibona igishobora kuba yavurwa agakira.

Urubuga M6 info dukesha iyi nkuru, rutangaza ko Catherine Priestley umuforomo uzobereye mubyo kuvura Canseri y’ibere avuga ko hari benshi azi bafite ikibazo nk’icya Sarah, gusa ngo hari impamvu nyinshi zatuma umwana ahagarika konka mama we, ariko na none ngo icyambere mu bigomba kwihutirwa gukorwa igihe bimeze bityo ni ugushakira ikibazo mu iberi umwana yonka.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5800 Posts

Politiki

4051 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

993 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga