• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
23/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
23/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
23/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana

Huye: Umugore yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amafaranga (Euro) y’amiganano

Umwanditsi
March 8, 2017

Polisi ikorera mu karere ka Huye yafashe umugore washakishwaga ku cyaha cyo gukora no gukwirakwiza amafaranga y’amiganano.

Nyiraminani Clothilde yafatiwe mu isoko ryo mu Rwabayanga mu murenge wa Ngoma ku italiki 7 Werurwe 2017, aho yasanganywe amayero y’amiganano agera ku 2,850; ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Ngoma, akaba n’ubundi yashakishwaga na Polisi guhera muri Mutarama kubera ibyaha bindi.

Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Huye, Superintendent of Police(SP) Jean Marie Karegeya yavuze ko ifatwa ry’uyu mugore rije nyuma y’aho, muri Mutarama hari hafashwe abo bari bafatanyije mu byaha bitandukanye ariko we akabura.

SP Karegeya yagize ati:” Mu mwaka ushize yari yafashwe na sitasiyo ya Muhanga ku byaha bifitanye isano n’amafaranga y’amahimbano, mu ntangiro z’uyu mwaka, twafashe undi mugabo hano mu mujyi wa Huye afite amayero 100 y’amiganano, akaba yaravugaga ko yayahawe na Nyiraminani.”

Yongeyeho ati:” Ku wa mbere nko mu ma saa munani n’igice z’amanywa, twabonye amakuru ko Nyiraminani ari mu isoko rya Rwabayanga arimo yishyura amafaranga badashira amakenga; abapolisi bahise bajyayo maze afatirwa mu cyuho afite amayero 2,850 mu noti za 50 zose z’inyiganano.”

Umuyobozi wa Polisi uri Huye yagize kandi ati:” Turacyakora iperereza ngo tumenye niba nta bandi bantu ngo bafatwe. Kugeza ubu ariko, dufite amakuru ko hari abandi bagore babiri babana mu karere ka hafi aha bafitanye isano n’iki cyaha, ariko ku bufatanye na bagenzi bacu bahakorera, bazashakishwa bafatwe.”

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5820 Posts

Politiki

4071 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

140 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga