• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
16/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
16/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
16/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge

Kamonyi: Ba Gitifu b’imirenge bane barahiriye imirimo mishya banahabwa inama n’impanuro

Umwanditsi
March 24, 2017

Igihe cyari gishize ari kinini imwe mu mirenge igize akarere ka Kamonyi itagira ba Gitifu, mu irahira ryo kuba Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ine muri 12 igize akarere, basabwe guca bugufi no kwibuka ko ababosi babo ari abaturage bagiye kuyobora.

Imirenge ine muri cumi n’ibiri igize akarere ka Kamonyi yari imaze igihe kitari gito itagira ba Gitifu, kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Werurwe 2017 abagabo batatu n’umugore umwe barahiriye inshingano zo kuba abanyamabanga nshingwabikorwa bashya b’Imirenge. Mu nama n’impanuro bahawe ‘umuyobozi w’akarere, bibukijwe ko bazashobozwa no guca bugufi, gutega amatwi, kugisha inama no gushyira hamwe.

Abashyizwe mu mirenge uko ari bane hamwe n’imirenge bahawe ni; Ndayisaba Jean Pierre Egide wahawe kuyobora umurenge wa Mugina, Niyobuhungiro Obed wahawe kuyobora umurenge wa Karama, Mandera Innocent wahawe kuyobora umurenge wa Kayenzi hamwe na Mbonigaba Mpozenzi Providence wahawe kuyobora umurenge wa Kayumbu.

Udahemuka Aimable, umuyobozi w’akarere ka Kamonyi mu guha inama n’impanuro abanyamabanga nshingwabikorwa bashya b’imirenge barahiye ariko n’abasanzwe bakumviraho, yabasabye gukorana neza na bagenzi babo basanze ariko kandi bakakira neza abaturage ari nako baharanira iterambere ry’Igihugu muri rusange.

Yagize ati:” Iyi mirimo rero mu maze kurahirira banyamabanga nshingwabikorwa b’Imirenge, ntabwo ari imirimo yoroshye, ariko na none ntikomeye mubashije gukorana n’abandi ntabwo byagukomerana cyangwa ngo bikuvune, ni akazi gasaba ubwitange, ni akazi gasaba gukorera ku gihe, ni imirimo isaba kumenya gukorana neza n’abandi.”

Yakomeje agira ati:” Turabasaba kuza tugakorana nk’itsinda rimwe (Team), tugakorera hamwe. Mugomba kumenya ko ku muyobozi bosi we ari umuturage, mwite ku guharanira kugeza abaturage ku iterambere n’imibereho myiza, mwite kubatishoboye, abakene, mwegere kandi mukemure ibibazo by’abaturage, ibi si mbibwira abashya gusa ahubwo n’abari basanzwe murusheho kuzuza inshingano zanyu, mugishe inama, turabasaba cyane kwihutisha irangizwa ry’imanza mu mirenge mugiyemo, mwite ku isuku y’aho mugiye kuyobora, mugende mwite ku mutekano, mukaze amarondo. Turabasaba gutega amatwi, kugisha inama, kutiremereza, aho mutumva mwegere ubuyobozi mubaze, mukorane neza n’abafatanyabikorwa, mwirinde gukoresha nabi ibya rubanda.”

Abanyamabanga nshingwabikorwa b’Imirenge bose uko ari bane barahiye, baje basanga bagenzi babo umunani bari basanzwe mu mirimo aho bose bujuje umubare w’aba gitifu 12 bayoboye imirenge 12 igize akarere ka Kamonyi.\

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5798 Posts

Politiki

4049 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga