• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
23/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
23/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
23/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye

Kwimurira abagororwa kure y’imiryango yabo ni “Amaburakindi”- CGP Rwigamba

Umwanditsi
May 15, 2017

Abafungwa cyangwa se abagororwa, kenshi usanga yaba bo yaba imiryango baturukamo bifuza ko bafungirwa hafi aho kubageraho byoroha, kuba hari abari kure y’imiryango yabo, ubuyobozi bw’amagereza mu Rwanda buvuga ko ari amaburakindi, gusa ngo nti bizatinga.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) rutangaza ko ubundi byakabaye byiza ko umuntu ufunze aba hafi y’aho umuryango we ushobora kumusura, gusa ibi ngo hari ubwo bidakunda ku bw’impamvu zitandukanye.

CGP George Rwigamba, umuyobozi mukuru w’uru rwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa agira ati:” Iyo umuntu agiye kure y’aho umuryango we uri, ubundi ni byiza ko umuryango we waba umusura, ntabwo bimushimisha, mu by’ukuri natwe ntabwo bidushimisha ariko nta kundi twabigeza, turabikora ariko nta kundi, ni amaburakindi, nabo ubwabo turababwira ngo ni mubyihanganire.”

Imwe mu ntandaro yo kuba abagororwa cyane abo muri Kigari barajyanwe kure y’imiryango yabo, ubuyobozi bw’amagereza mu Rwanda butangaza ko byatewe n’ibibazo ahanini byaturutse ku gushya kwa Gereza ya Gasabo (Kimironko) bigatuma abagororwa bimurwa.

Ubuyobozi butangaza kandi ko uretse no gushya kwa gereza ngo nyuma y’iminsi 2 gusa habaye imyigaragambyo y’abagororwa, buvuga ko kubera gutera amabuye, gufunga imihanda no kuba bakwangiza iby’abaturage bwahisemo kubasaranganya mu magereza hirya no hino cyane ko batari gutegereza ko igice cyo kwagura gereza ya Mageragere ariyo ya hafi cyuzura.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa rutangaza ko ubwo iki gice cyo kwagura gereza ya Mageragere kizuzura ngo bazagarurwa, gusa na none kwimura abagororwa biva ku mpamvu nyinshi zirimo rimwe na rimwe ibijyanye n’imyitwarire y’umugororwa n’izindi.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5800 Posts

Politiki

4051 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

993 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga