• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
13/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
13/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
13/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Kamonyi: Diane Rwigara, urujijo ku cyicaro cye mu karere

Umwanditsi
May 21, 2017

Diane shimwa Rwigara, umwe rukumbi kugeza ubu w’igitsina gore wamaze gutangaza ko ashaka guhatanira kuyobora u Rwanda, ibiro bye mu karere ka Kamonyi bikomeje gutera urujijo kubwo kuba ababibazwa baterura.

Diane Shimwa Rwigara, umukobwa wamaze kugaragaza ko ashaka guhatana mu kuyobora u Rwanda, amakuru yizewe agera ku kinyamakuru intyoza.com nubwo bamwe mu bayobozi bayavuga badashaka kwerura, aremeza ko yamaze gushyira ibiro mu karere ka Kamonyi, Umurenge wa Rugarika, akagari ka Kigese ahitwa mu Kigwene.

Udahemuka Aimable, umuyobozi w’akarere ka kamonyi ku murongo wa terefone ngendanwa yabwiye intyoza.com ati:” Yaranditse ariko hari ibintu twabonye atujuje, ariko mu ibaruwa ye nabonaga bavugamo Kigese, twamubwiye kuzuza ibisabwa noneho nibwo tuzamenya niba afite icyicaro hehe, tukamenya n’umudugudu n’akagari.”

Udahemuka akomeza avuga ko hari ibyo baba bagomba kwerekana birimo icyicaro bafite, ababahagarariye, bagashyiraho n’ibyo Komisiyo y’amatora ibasaba. Twabonye bituzuye tumubwira kubanza kubyuzuza ubundi akaza, ubwo nibwo twamenya n’icyicaro cye aho giherereye.

Celestin Nsengiyumva, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugarika bivugwa ko ariho icyicaro cya Diane Rwigara giherereye (mu gushaka ibikumwe cyangwa amasinya y’abaturage) ku murongo wa terefone ngendanwa yatangarije intyoza.com ati:” Mu makuru mfite, nibyo. ariko ubimbajije ejo mu gitondo nibwo naguha amazina y’urugo, hari amakuru dufite ko hari urugo yaba akoreramo, nyirarwo ntabwo muzi ku isura ariko ayo makuru ndayafite.”

Gitifu Nsengiyumva, kuba avuga ko nk’umurenge batabimenyeshejwe, agira ati:” Buriya umuntu abanza ku karere, akagera ku murenge avuga ati; navuye no ku karere, ntabwo nzi mu mategeko uko byanditse ariko mfite amakuru y’uko akarere kabizi, n’umuntu umukorera ntabwo ndamubona ubwo nzamumenya.”

Nsengiyumva, avuga ko kuwa gatanu ni mugoroba aribwo yamenye ko icyicaro cya Diane Rwigara kiri muri uyu murenge ayobora, avuga ko nta mpungenge bafite ku kuba umuntu wo ku rwego rwo gushaka kwiyamamariza kuyobora Igihugu yaba afite icyicaro mu murenge batabizi ngo kuko ubuyobozi bw’akarere bubizi. Akomeza avuga kandi ko naho yaba yaje atabivuze ngo icyo bakurikirana ni ukureba niba imikorere ye inoze.

Diane Shimwa Rwigara, ku murongo wa terefone ngendanwa mu magambo ye macye kuko ngo yari mu nama, yatangarije intyoza.com ati:” Aho dusinyishiriza turahafite, harahari turimo turasinyishiriza ahantu hose mu gihugu, niyo gahunda turimo.” Gusa na none avuga ko mu cyumweru gihera tariki 22 Gicurasi 2017 aribwo ashobora kuzatangaza neza ibyaho.

Diane Shimwa Rwigara, ni umukobwa w’imyaka 35 y’amavuko wa Nyakwigendera Rwigara Assinapol waguye mu mpanuka y’imodoka yabaye muri Gashyantare umwaka wa 2015.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga