• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Perezida Paul yeruriye abanyaruhango ko ibizava mu matora babizi kuva muri 2015

Umwanditsi
July 14, 2017

Ubwo yari muri gahunda yo kwiyamamaza yatangiriye mu karere ka Ruhango ari nako avukamo, Perezida Paul Kagame yabibukije ko ibizava ku matora ya perezida wa Repubulika 2017 babizi kuko aribo babyisabiye.

Perezida Paul Kagame, umukandida w’Umuryango FPR ubwo yatangiraga igikorwa cyo kwiyamamaza kuri uyu wa gatanu tariki ya 14 Nyakanga 2017 mu karere ka Ruhango ari naho avuka, yagarutse ku gisubizo cy’uwo abanyarwanda bashaka ko abayobora. Yavuze ko abanyarwanda basanzwe bazi neza ikizava mu matora guhera mu mpera z’umwaka wa 2015, ubwo bo ubwabo bisabiraga Referandum(Guhindura itegeko Nshinga).

Perezida Paul Kagame yakiriwe bikomeye mu karere ka Ruhango.

Perezida Paul Kagame, yibukije ko ubusabe bw’abanyarwanda basaga Miliyoni 4 basabye ko itegeko Nshinga rihindurwa kuko bashakaga ko nyuma ya manda ye yakwemera akaziyamamariza kubayobora kuko bari kakimukunze. Yavuze ko uretse referendum ngo n’uburyo amashyaka 8 yo mu Rwanda yagaragaje ko ashyigikiye umukandida wa RPF-Inkotanyi nabyo ubwabyo bigaragaza ikizava mu matora.

Mu mvugo igaragaza icyizere, Perezida Paul Kagame nk’umukandida w’umuryango RPF-Inkotanyi yashimangiye ko n’ubwo hari ibikorwa byo kwiyamamaza no guhiganwa, ngo abanyarwanda bose bazi neza ibizava mu matora .

Abaturage bacyereye kwakira Perezida Paul Kagame, umukandida wa RPF-Inkotanyi.

Perezida Paul Kagame yagize ati“Ikizava mu matora cyamenyekanye mu kwezi kwa 12 muri 2015. Buriya hagiye kubaho referendum( Guhindura itegeko Nshinga) abantu bakabyemeza hafi 100% hari uwo bifuza. Byiyongereye kuri iyo Referendum, amashyaka nayo yiyemeje gufatanya na RPF-Inkotanyi bikiyongera kuri babandi basaga miliyoni 4 basabye Referendum, byonyine birahagije ko ikizavamo buri wese akirebera.”

Perezida Paul Kagame, yashimiye kandi amashyaka yahisemo kwifatanya na FPR-Inkotanyi ashyigikira umukandida wayo, yashimiye kandi by’umwihariko abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ku cyizere bigirira nawe bakakimugirira.

Aha ni Ruyenzi mu murenge wa Runda ku rurembo rw’Intara y’amajyepfo.

Perezida Paul Kagame ubwo yinjiraga mu ntara y’amajyepfo agiye gutangirira ukwiyamamaza kwe mu karere ka Ruhango,  yinjiriye ku rurembo rw’Intara y’amajyepfo mu karere ka Kamonyi mu murenge wa Runda aho abaturage batari bacye bari bacyereye ku mwakira bafite ibirango by’umuryango RPF-Inkotanyi ndetse bafite ingoma n’ibindi byabafashaga kwiyereka bagaragaza ibyishimo byabo kuriwe.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga