• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Baraduhambye, Baradutabye, Ntabwo bari baziko turi imbuto zizashibuka-Kagame

Umwanditsi
July 17, 2017

Perezida Paul Kagame, ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza mu karere ka Kamonyi, yagarutse ku mateka y’u Rwanda n’Abanyarwanda, ku bimaze kugerwaho ndetse n’ibyiza biruseho biri imbere. Yagarutse by’umwihariko ku bahemukiye u Rwanda n’abanyarwanda bibwira ko ubuzima burangiye.

Perezida Paul Kagame, umukandida wa RPF-Inkotanyi mu matora y’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda 2017, ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza kuri iki cyumweru tariki 16 Nyakanga 2017 mukarere ka Kamonyi mu murenge wa Rukoma ahitwa mu kiryamo cy’Inzovu, yagarutse ku bahemukiye u Rwanda n’Abanyarwanda atari abanyarwanda, aho bibwiraga ko basize bacukuye urwobo, basize bahambye abanyarwanda ndetse bagasiga batsindagiye bumva ko ubuzima burangiye.

Ibihumbi by’abaturage bakiriye Perezida Kagame mu kiryamo cy’Inzovu mu murenge wa Rukoma.

Perezida Kagame, yabanje kwibutsa abanyakamonyi ko aya matora arimo byinshi binashingiye ku mateka y’u Rwanda. Yagize ati” Amateka y’u Rwanda, hari aho yagejeje Igihugu cyacu, ariko duhereye aho haje kuvamo n’ibyahinduye igihugu cyacu. Amateka mabi yabaye, twagize, haje kuvamo imyumvire, ubushake, imbaraga, aho tugeze ubu amahanga arashakisha kutwumva, ntabwo aratwumva neza.”

Avuga kubahemukiye u Rwanda atari abanyarwanda, yagize ati:” Bamwe mu bagize uruhare mu mateka mabi y’u Rwanda atari abanyarwanda, baducukuriye urwobo badushyiramo, baradutaba, ntabwo bari baziko tuzamera. Baraduhambye, baradutabye, ntabwo bari baziko turi imbuto zizashibuka, basize bashyizeho ibitaka rwose barakandagira, barangije baradupepera batubwira ngo murabeho, barigendera, hanyuma abanyarwanda babaye imbuto baramera, barashibuka, barakura.” Yibukije abanyakamonyi ko ari bamwe muri izi mbuto z’u Rwanda rwose.

Abakecuru babukereye kwakira Perezida Kagame.

Perezida Kagame, yibukije kandi ko igihe abanyarwanda barimo ari inzira yo kwiyubaka, yo gukura, yo gukuza ibyashibutse. Yabwiye abanyakamonyi kandi ko ibyinshi byiza kurusha biri imbere, ko kuva bamufite nawe abafite ntacyananirana.

Amatora y’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, ateganijwe tariki ya 3 ku banyarwanda bagejeje igihe cyo gutora baba hanze ndetse na tariki ya 4 kanama 2017 ku banyarwanda bazatorera mu gihugu.

Umukecuru yitegerezaga Perezida Kagame agiye.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga