• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Abantu ibihumbi 50 babuze umuriro kubera Inguge

Umwanditsi
July 18, 2017

Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru, inyamaswa yo mu bwoko bw’inguge yangije insinga z’amashanyarazi ku rugomero rwo mu majyepfo y’Igihugu cya Zambiya bituma abagera ku bihumbi 50 babura umuriro w’amashanyarazi.

Intandaro yo kugira ngo abantu bagera ku bihumbi 50 babure umuriro w’amashanyarazi, yabaye inyamaswa yo mu bwoko bw’inguge yuriye urugomero rw’amashanyarazi mu majyepfo y’igihugu cya Zambiya ikajya ikurura insinga.

Uru rugomero rw’amashanyarazi, ruherereye mu mujyi w’ubukerarugendo wa Livingstone, kuba inyamaswa z’agasozi zizerera hafi y’uru rugomero byo ngo ni ibintu bisanzwe kuko rwegeranye na parike.

Henry Kapata, umuvugizi w’urugomero rw’amashanyarazi rwa Livingstone yatangaje ko iyi nguge ntacyo yabaye, gusa ngo iyo iza kuba umuntu iba yarapfuye cyangwa se ngo yanarokoka akaba yari gukurikiranwa n’amategeko.

Kapata, yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko iyi nyamaswa yarokowe n’umuryango wita ku kubungabunga inyamaswa z’agasozi, gusa na none ngo irimo gukurikiranwa aho irimo koroherwa nubwo ngo ifite ibikomere bikaze. Umuriro wamaze kugaruka mu mujyi wa Livingstone ndetse no mu gace ka hafi aho k’intara y’uburengerazuba.

Kuba inyamaswa y’inguge yateza ikibazo cy’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi, si ubwambere biba kuko n’umwaka ushize mu gihugu cya Kenya nabwo Inguge yatumye igihugu cyose kigwa mu icuraburindi ryo kubura umuriro w’amashanyarazi.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga