• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
02/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
02/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
02/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Perezida Trump na putine babonanye mu ibanga, aho babonaniye ntihazwi

Umwanditsi
July 19, 2017

Mu gihe cy’inama yakoraniyemo ibihugu 20 by’ibihangange ku isi G20, inama yabereye mu gihugu cy’ubudage, hamenyekanye ko Perezida Trump wa Amerika yahuye mu buryo bw’ibanga ubugira kabiri na mugenzi we Putine w’u Burusiya, aho bahuriye naho bahagize ibanga.

Nyuma y’uko Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe za Amerika abonanye bwa mbere na mugenzi we Putine w’Uburusiya mu gihe harimo haba inama y’ibihugu by’abihangange ku Isi G20, bongeye kubonana bwa kabiri mu buryo bw’ibanga.

Aho aba bakuru b’ibihugu, Trump na Putine bahuriye ntabwo hazwi, ibiro by’umukuru w’igihugu cya Amerika nabyo ntabwo biratangaza ibyavugiwe muri uyu mubonano. Perezida Trump, ahakana ko uyu mubonano wo mu ibanga wabaye akavuga ko ari “Inkuru z’impimbano”.

Umubano wa Perezida Trump hamwe na mugenzi we Putine, urimo gukorwaho iperereza bishingiye ku makuru yavuzwe ko mu gihe cy’amatora ya Amerika ubwo Trump yazaga no kuyatsinda yaba yarabifashijwemo na leta y’Uburusiya.

Ubwo kandi aba bakuru b’ibihugu bari mu budage mu nama ya G20, amakuru dukesha BBC avuga ko baganiriye, Trump yatangaje ko mubyo baganiriye harimo ko yahase ibibazo Perezida putine ku bivugwa ko uburusiya bwaba bwarivanze mu matora ya Amerika byanaviriyemo Trump kuyatsinda, yatangaje ko Perezida Putine yabihakanye.

Ibyavuye mu mubonano wa kabiri wagizwe ibanga hagati ya Trump na putine, byaba byarashyikirijwe abakozi bo mubiro bya trump bikozwe nawe ubwe kuko mu gihe babonanaga nta mukozi numwe mu bamufasha wari uhari.

Ubwo Putine yabazwaga ku byavuzwe ko igihugu cye cyaba cyaragize uruhare mu matora ya Amerika, yasubije ko ibyo ari ibinyoma bikwirakwizwa n’abadashaka umubano mwiza hagati y’ibi bihugu. Putine yatangaje kandi ko abakora ibi bahemukira igihugu cy’uburusiya.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga