• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
17/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
17/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
17/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yashyikirije ibiro by’ivunjisha amayero 300,000 yari yibwe

Umwanditsi
August 2, 2017

Tariki ya mbere Kanama 2017, Polisi y’u Rwanda yashyikirije uhagarariye Ibiro by’ivunjisha byitwa UAE Exchange Rwanda LTD amayero 300,000 byari byibwe nyuma y’aho abakekwaho ubu bujura bayafatanwe mu mpera z’icyumweru gishize.

Igikorwa cyo gusubiza aya mayero cyabereye ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali kiri i Remera, mu karere ka Gasabo, aho Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu yayashyikirije uhagarariye ibi Biro by’ivunjisha, Naghoor Riyaz.

Amaze gusubizwa aya mayero, Naghoor yagize ati,”Natangajwe n’imikorere n’ubunyamwuga bya Polisi y’u Rwanda, kuko aho mbamenyeshereje ko twibwe, mu masaha macye bahise batumenyesha ko amayero yacu bayabonye.”

Yakomeje agira ati,”Byarantangaje kuko nyuma y’amasaha 6 gusa bahise batumenyesha ko bayabonye, ubu ni ubutumwa ku bandi bashoramari ko mu Rwanda Polisi y’u Rwanda ikora neza kandi ko hari umutekano.”

Naghoor yagize kandi ati,”Ndashishikariza abandi bashoramari bagenzi banjye kuza gushora imari yabo mu Rwanda kuko hari umutekano. Iyo hari ikibazo icyo ari cyo cyose kikubayeho ukagishyikiriza Polisi, uba wizeye neza ko gikemuka vuba. Ndi umugabo wo kubihamya”

Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo aya mayero yibwe n’umukozi w’ibi biro by’ivunjisha witwa Nkubito Alexis.

Nkubito yari afite umugambi wo kohereza miliyoni eshatu z’amayero muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu Mujyi wa Dubai, aho kuyohereza yose yohereza miliyoni ebyiri n’ibihumbi magana arindwi andi arayatwara.

Uwagombaga kwakira aya mayero wari uri i Dubai ni we wabwiye Naghoor ko amayero amugezeho atari ayo yagombaga kwakira.

Nagor yagize ati,”Tumaze kubimenya twahise tubimenyesha Polisi, na yo iraza ireba muri Kamera zicunga umutekano (Closed-Circuit Television-CCTV) zacu, ni bwo bahise bakeka uyu Nkubito.”

Polisi y’u Rwanda yahise itangira iperereza, ari na bwo yamenye ko aya mayero Nkubito yayahaye murumuna we witwa Nkubana Pierre utuye Gatsibo, bajyayo bayamusangana yose, aba bombi bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera.

SP Hitayezu yashimye ubuyobozi bwa UAE Exchange Rwanda LTD kuba bwaratangiye amakuru ku gihe, kuko byafashije Polisi y’u Rwanda mu iperereza ryatumye aba bakekwa bafatwa.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5798 Posts

Politiki

4049 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga