• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

ADEPR: Bishop Tom Rwagasana yavuye mu buroko bagenzi be basigaramo

Umwanditsi
August 17, 2017

Nyuma y’amezi asaga atatu Bishop Tom Rwagasana atawe muri yombi agafungwa azira ibyaha bifitanye isano n’inyerezwa ry’umurungo w’Itorero, yarekuwe begenzi be basigara muburoko.

Urukiko rukuru rwa Repubulika y’u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kurekura by’agateganyo Bishop Tom Rwagasana wari umaze amezi asaga atatu yaratawe muri yombi ndetse agafungwa azira inyerezwa ry’umutungo w’itorero.

Bishop Tom Rwagasana, yahoze ari umuvugizi wungirije mu iterero rya pantekoti mu Rwanda ADEPR, yaje gufatwa mu kwezi kwa gatanu 2017 ndetse arafungwa mu nkubiri yafatiwemo benshi mu bari abayobozi bakuru b’iri torero bazira kunyereza umutungo w’Itorero.

Rwagasana, yari yarajuririye icyemezo cy’ifungwa rye aho yagaragarije urukiko ko afite impamvu y’uburwayi bukomeye. Nyuma yo gusuzuma ibihamya Bishop Rwagasana yatanze ku burwayi bwe, urukiko rwafashe icyemezo cyo kuba arekuwe by’agateganyo kuko rwasanze impamvu yatanze ku burwayi bwe zifite ishingiro.

Mu kumurekura, urukiko rwamutegetse ko azajya yitaba ubushinjacyaha rimwe mu cyumweru, rwanamutegetse kandi gutanga urwandiko rw’inzira rw’abajya mu mahanga afite mu rwego rwo kurinda ko yatoroka ubutabera akajya mu mahanga.

Bishop Tom Rwagasana, yari amaze amezi asaga atatu muburoko, areganwa na bagenzi be ndetse banafunze, barimo; Pasiteri Eng. Theophile Sindayigaya wari ushinzwe iby’inyubako mu itorero ADEPR, barimo kandi Pasiteri Salton Niyitanga wakoraga mu biro bya Rwagasana nk’umunyamabanga, hari kandi Mutuyemariya Christine wari muri Komite Nyobozi y’Itorero ashinzwe ubukungu n’imari muri ADEPR, hari Gasana Valens wari ushinzwe iby’icungamutungo hamwe na Bernard Sebagabo.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga