• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Kigali-Nyarugenge: Gitifu w’Umurenge yeguye

Umwanditsi
September 11, 2017

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitega mu mujyi wa Kigali mu karere ka Nyarugenge, bwana Karangwa Johnson yamaze kwegura ku mwanya w’ubuyobozi bw’Umurenge.

Amakuru yo kwegura kwa Karangwa Johnson, wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge, yageze ku intyoza.com kuri uyu wa mbere tariki 11 Nzeli 2017. Amakururu yageze ku intyoza.com, avuga ko yaba yaranditse ukwegura kwe ku mugoroba w’iki cyumweru tariki ya 10 Nzeli 2017.

Kayisime Nzaramba, umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge yahamirije intyoza.com ko amakuru y’iyegura rya Karangwa Johnson wari Gitifu w’Umurenge wa Gitega ari impamo, ko kandi biteguye gushaka umusimbura ngo hataba icyuho mu buyobozi asize.

Meya Kayisime, abazwa ku iyegura rya Gitifu Karangwa Johnson yagize ati” Yego ni ukuri. Yeguye ku mpamvu ze bwite. Ubwegure bwe yabutanze uyu munsi mugitondo, yari amaze igihe kiri mu mezi icumi cyangwa umwaka.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge, Madamu Kayisime Nzaramba yatangarije intyoza.com kandi ko mu gihe bategereje gutegura iby’ugomba ku musimbura, ubuyobozi bugiye gushaka undi uraba umusimbuye by’agateganyo ku gira ngo bazibe icyuho ari nako bashyira uyu mwanya ku isoko.

Karangwa Johnson, ubwo umunyamakuru w’intyoza.com yageragezaga guhamagara Telefone ye ngendanwa ntabwo yabashije kuyitaba, ubutumwa bugufi (SMS) yohererejwe nabwo ntabwo yabusubije kugera igihe iyi nkuru yandikwaga..

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga