• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Raila Odinga yakamejeje, arashaka inzibacyuho y’amezi atandatu

Umwanditsi
November 8, 2017

Bwana Raila Odinga, Umukuru w’amashyaka yishyize hamwe mu guhangana n’ubutegetsi bwa Kenya buyobowe na Perezida Kenyatta uherutse gutsinda amatora ya Kabiri muri iki gihugu, yatangaje ko yifuza Leta y’inzibacyuho izafasha gushakira umuti ibibazo biri mu gihugu. Ntakozwa ibyo gutorwa kwa Kenyatta.

Raila Odinga, umukuru w’amashyaka yishyize hamwe mu kurwanya ubutegetsi buriho muri Kenya buyobowe na Perezida Kenyatta, asaba ko hajyaho Leta y’inzibacyuho mu gihe cy’amezi atandatu yafasha mu gushakira hamwe ibibazo igihugu gifite byakuruwe ahanini n’amatora y’umukuru w’igihugu.

Bwana Odinga, atangaza ko muri iki gihe cy’inzibacyuho cy’amezi atandatu asaba ngo havugururwa bushya itegeko nshinga mu rwego rwo kongera gutunganya bushya ububasha bw’umukuru w’igihugu.

Uyu munyapolitiki uhanganye bikomeye na Perezida Kenyatta, amakuru dukeshya bbc arahamya ko ari mu rugendo mu gihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika. Yatangaje kandi ko yiteguye kwicara akagirana ibiganiro na Perezida Uhuru Kenyatta kubirebana n’iri hindurwa ry’itegeko nshinga mu rwego kandi ngo rwo kwirinda ibibazo byavuka mu miryango yagiye ikomeza kuvuga ko ihezwa.

Perezida Uhuru Kenyatta, niwe watsinze amatora ya Kabiri yabaye mu gihugu cya Kenya nyuma y’aho urukiko rw’ikirenga rwemereje ko ibyavuye mu matora ya mbere biteshwa agaciro ngo kuko atari akurikije amategeko n’amabwiriza agenga amatora. Kenyatta, yatsinze amatora ya kabiri yabaye tariki ya 26 Ukwakira 2017 aho yegukanye amajwi 98% by’abatoye, aya matora ntabwo yitabiriwe na Raila Odinga.

 

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga